Umuherwe Berlusconi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani yajyanwe mu bitaro

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Silvio Berlusconi yakiriwe mu Bitaro bya San Raffaele, mu Mujyi wa Milan ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane nk’uko amakuru aturuka mu ishyaka rye, Forza Italia yageze kuri Reuters kuri uyu wa Gatanu avuga.

Amakuru macye yagiye ahagaragara avuga ko Berlusconi yakiriwe mu bitaro ngo asuzumwe ariko nta byinshi byatangajwe ku burwayi afite.

Berlusconi w’imyaka 84, amaze iminsi ajya mu bitaro ubundi agasohokamo kuva yakwandura Covid-19 muri Nzeri umwaka ushize. Icyo gihe yavuze ko ari kimwe mu bigeragezo bikomeye yanyuzemo mu buzima bwe.

Berlusconi wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani inshuro enye, akaba n’umuherwe utunze amamiliyari, yaje kubagwa umutima mu 2016 ndetse yarokotse cancer yo mu dusabo tw’intanga.

Yaherukaga mu bitaro muri Gicurasi, aho yamaze iminsi itanu muri ibi bitaro n’ubundi bya San Raffaele.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *