Afghanistan: Amerika yasoje ubutumwa bwayo ku mugaragaro ihungishije abantu 79,000

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare ba nyuma ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bari basigaye muri Afghanistan baraye bahagurutse ku Kibuga cy’indege cya Kabul, Pentagon itangaza ku mugaragaro ko ubutumwa bwari bumaze imyaka 20 yintambara bushyizweho akadomo.

Gen. Kenneth McKenzie, Komanda w’ubuyobozi bukuru bw’ingabo za Amerika, yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahungishije abantu 79,000 bavanwa Kabul barimo Abanyamerika 6000, kuva ku itariki ya 14 Kanama, umunsi umwe mbere y’uko Abatalibani bigarurira uyu mujyi.

Yagize ati “Ndi hano gutangaza isozwa ryo kuva muri Afghanistan,” ibi yabibwiye abanyamakuru kuri Pentagon kuri uyu wa Mbere, itariki 30 Kanama nk’uko tubikesha Al Jazeera.

Yavuze ko gusubira inyuma ko mu ijoro ryakeye bisobanuye irangira ry’ihungisha ryakorwaga n’igisirikare ariko n’iherezo ku butumwa bwari bumaze imyaka hafi 20 bwatangiye muri Afghanistan nyuma gato y’ibitero by’iterabwoba byo kuwa 11 Nzeri 2001.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *