Nyuma y’iperereza ryakozwe mu gihe cy’umwaka n’ikinyamakuru Bloomberg, kizobereye ibijyanye n’inkuru z’ubukungu, ibiganiro n’abantu bisaga 10 ndetse n’inyandiko zo mu buyobozi zasuzumwe, iki kinyamakuru cyagaragaje ko perezida Joseph Kabila wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo afite ibigo bisaga 70 mu nzego zitandukanye z’ubukungu bw’igihugu zimwinjiriza we n’umuryango we amamiliyoni Magana y’amadolari.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iyi nkuru ivuga ko umuryango wa Kabila usanga ari umunyamigabane mukuru cyangwa ari wo ucunga ibigo 70 byose ufite mu nzego zitandukanye nko mu bijyanye n’amabanki, ubuhinzi, gucuruza lisansi, ubwikorezi mu ndege, kubaka imihanda, amahoteli n’ahandi.
Ibindi bigo uyu muryango ufite ni ibigurisha amatike y’indege, amaduka n’utubyiniro. Ibi bigo ngo bimwe biri muri Congo, ariko hari n’ibikorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Panama, Tanzania ndetse no mu Kirwa cya Niue.
Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro nka zahabu, diamants, cuivre na cobalt
Bloomberg ivuga ko no mu bijyanye n’ubucukuzi bw’agaciro Kabila atatanzwe, aho ivuga ko we ubwe, umugore we n’abana be babiri n’umunani b’abavandimwe na bashiki be, bihariye impushya zo gucukura amabuye yavuzwe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Abakoze iperereza bakaba batanze urugero rw’ibigo bibiri by’umuryango wa Kabila ngo byemerewe byonyine gucukura diamants ahantu hangana na kilometer 700 hafi y’umupaka wa Angola.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nubwo ngo bigoye kumenya amafaranga ibi bikorwa by’ubucuruzi byinjiza, ngo kimwe muri ibi bigo kinjije miliyoni 350 z’amadolari mu myaka 4 hakurikijwe inyandiko zasuzumwe.
Amategeko ya Congo avuga iki?
Ese ibi bikorwa ntabyemerewe? Ingingo ya 96 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ibuza umukuru w’igihugu kugira ibindi bikorwa akora nk’umwuga, ariko ntibibujijwe ku muryango we. Ibi ngo bikaba ari byo bisobanura nta gushidikanya impamvu perezida Kabila ubwe usanga afitanye isano n’ibigo bibiri gusa mu gihe ibindi 68 bisigaye bicungwa n’abo mu muryango we.
Abajijwe icyo yavuga kuri iki kibazo, umujyanama mu bya dipolomasi wa perezida Kabila witwa Barnabe Kikaya Bin Karubi, yavuze ko ibi nta kibazo abibonamo. Yagize ati: “Perezida kabila n’abagize umuryango we bose ni Abakongomani kandi bafite uburenganzira bwo gukora business nk’abandi banyagihugu mu gihe amategeko y’igihugu yubahirijwe. Kandi icyo nzi muri iyo ngingo (y’itegeko nshinga), ntaho bavuga ko amategeko ya Congo yarenzweho”.
Kikaya yakomeje avuga ko perezida w’igihugu nawe agomba kubaho kimwe n’abo mu muryango we, gusa yongeraho ko hari igihe bagira amahirwe aruta ay’abandi kuko ari umuryango wa mbere mu gihugu kandi ngo ibi ntibyamutangaza.
Urugero rwa sosiyete OSIFAL (Olive Sifa Laurent) igizwe n’umugore wa Kabila, Olive, mushiki we, Sifa ndetse na’umuhungu wa perezida Kabila w’imyaka 8 gusa witwa Laurent Desire Kabila Jr.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iri perereza ngo niryo rya mbere rikozwe, Abanyekongo bakaba batari barigeze babona amakuru nk’aya kuri perezida wabo n’ubukungu bwose yiyahiriye n’umuryango we.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com




