img-20210906-wa0003.jpg

Uko byifashe i Conakry nyuma y’ihirikwa ku butegetsi rya Perezida Alpha Condé

Sangiza iyi nkuru

Ku Cyumweru tariki ya 05 Nzeri ni bwo hamenyekanye inkuru y’uko Alpha Condé wari Perezida wa Guinée-Conakry yahiritswe ku butegetsi, mbere yo gutabwa muri yombi n’itsinda ry’abasirikare bo mu mutwe w’Ingabo zidasanzwe za kiriya gihugu.

Alpha Condé w’imyaka 83 y’amavuko, yahiritswe ku butegetsi nyuma y’urufaya rw’amasasu rwumvikanye hafi y’ingoro ye iherereye mu gace ka Kaloum, ubwo ingabo zamuhiritse zari zihanganye n’izo mu mutwe ushinzwe kumurinda ndetse n’izimushyigikiye.

Uku kurasana kwakurikiwe n’itangazo ry’ingabo zo mu mutwe udasanzwe zirangajwe imbere na Lt Col Mamady Doumbaya wahoze mu ngabo z’u Bufaransa, rivuga ko Perezida Condé yahiritswe ku butegetsi ndetse inzego zitandukanye z’igihugu zigaseswa.

Mu mashusho yatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu, Col Doumbaya yumvikana agira ati: “Nyuma yo gufata Perezida kuri ubu uri hamwe natwe,…twafashe icyemezo cyo gusesanya igitsure Inteko ishinga amategeko, cyo gusesa inzego z’igihugu.”

Uyu musirikare wari ushagawe na bagenzi be yakomeje avuga ko imipaka ihuza Guinée-Conakry n’ibindi bihugu yaba iyo ku butaka n’iyo mu kirere ifunze.

Amashusho ejo yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yerekana Alpha Condé azengurutswe n’abasirikare bambaye ibibapfuka mu maso, we yicaye ahantu bikekwa ko ari mu ngoro ya Perezida. Yari yambaye ishati idafunze ibipesu ku gice cyo hejuru, asa n’uwamanjiriwe.

Mu mashusho hari umusirikare umubaza ati: “Hari n’umusatsi wawe twigeze dukoraho nyakubahwa Perezida? Twaba twagutoteje?”, undi araceceka.

Mbere y’uko uriya mutwe utangaza ko wafashe Perezida Condé, Minisiteri y’Ingabo za Guinée-Conakry yari yatangaje ko Ingabo zishinzwe kumurinda zifatanyije n’izindi z’igihugu ndetse na Polisi baburijemo igitero cyari cyagabwe ku ngoro y’umukuru w’igihugu, ndetse zisubiza inyuma abari bakigabye.

Iyi Minisiteri mu rindi tangazo yasohoye ibinyujije ku rubuga rwa Facebook yavuze ko “Ibikorwa byo kugarura umutekano n’amahoro byamaze gutangira.”

Yunzemo iti: “Perezida wa Repububulika akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Guinée-Conakry, Nyakubahwa Professeur Alpha Condé ndetse na Guverinoma, barasaba abaturage gutuza no kugira ubushishozi mu gihe cy’ibikorwa bya gisirikare.”

Alpha Condé yahiritswe ku butegetsi nyuma y’uko mu mwaka ushize yari yatorewe kuyobora Guinée-Conakry muri manda ya gatatu itaravuzweho rumwe, bijyanye n’uko abo batavuga rumwe bavuze ko yaranzwe n’uburiganya.

Ihirikwa rye ryamaganwe n’abarimo Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, Nana Akuffo-Addo uyobora umuryango wa ECOWAS Guinée ibarizwamo, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi n’abandi benshi.

Icyakora cyo ikinyamakuru Le Monde cyo cyatangaje ko nyuma y’ihirikwa rya Perezida Condé, ibyishimo byari byinshi ku baturage bo mu murwa mukuru Conakry bari bashagaye imodoka za gisirikare.

img_20210906_073237.jpg

img-20210906-wa0003.jpg

img-20210906-wa0002.jpg

e1317ee_361147750-344413.jpg

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *