Umukino wagombaga guhuza Ikipe y’Igihugu ya Brésil n’iya Argentine, wasubitswe wamaze gutangira kugira ngo abakinnyi bane ba Argentine birukanwe ku butaka bwa Brésil.
Aya makipe yombi yaherukaga guhurira ku mukino wa nyuma wa Copa America, yari yahuriye mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi waberaga mu mujyi wa São Paulo mu gihugu cya Brésil.
Ubwo uyu mukino wari umaze iminota ine utangiye, hamenyekanye amakuru y’uko abakinnyi bane ba Argentine bagomba kwirukanwa ku butaka bwa Brésil, kuko batubahirije amabwiriza yo kwishyira mu kato agenga abagenderera igihugu cya Brésil baturutse mu Bwongereza.
Abo bakinnyi barimo umunyezamu Emiliano Martinez, Cristian Romero, Giovani Lo Celso na Emiliano Buendia.
Martinez, Romero na Lo Celso bose bari babanje mu kibuga, mu gihe Buendia atari yashyizwe ku rutonde rw’abakinnyi 18 bakina uriya mukino.
Amakuru avuga ko mbere y’uko abayobozi mu nzego z’unuzima muri Brésil binjira mu kibuga bagahagarika uriya mukino, Polisi ya kiriya gihugu yari yanze ko ikipe ya Argentine isohoka muri Hoteli yari icumbitsemo, gusa bikaba ngombwa ko impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Amerika y’Amajyepfo (CONMEBOL) ihagoboka igatanga uburenganzira bw’uko uriya mukino uba.
Umukino waje gusubikwa nyuma y’impaka abagize amakipe yombi babanje guterana.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) yemeje ko uriya mukino wasubitswe, yungamo ko iza gutangaza amakuru arambuye nyuma.
Amakuru avuga ko FIFA iza gukusanya ibimenyetso ku makipe yombi mbere yo kugena ikigomba gukurikiraho.
Mu busanzwe amabwiriza y’inzego z’ubuzima muri Brésil avuga ko umuntu uturutse mu gihugu cy’u Bwongereza yarahabaye byibura iminsi 14, akigera muri kiriya gihugu agomba kumara iminsi 14 mu kato.
Urwego rushinzwe ubuzima muri Brésil, Anvisa, rwavuze ko kuba bariya bakinnyi ba Argentine barishe amabwiriza agenga akato ari ikibazo gikomeye kireba ubuzima, rusaba ko hakorwa ibishoboka byose bakava ku butaka bwa kiriya gihugu.
Kuri uyu wa mbere ikipe ya Argentine yashyize ku rubuga rwa Twitter rwayo ifoto y’abakinnyi bayo bari mu ndege, iyiherekezanya amagambo agira ati: “Twerekeje imuhira.”
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


