Abatalibani bigaruriye Intara ya Panjshir yari igifitwe n’ingabo zanze kuyamanika

Sangiza iyi nkuru

Abatalibani baravuga ko bigaruriye bidasubirwaho intara ya Panjshir, agace ka nyuma muri Afghanistan kari mu maboko y’ingabo zahoze ari iza leta zari zaranze kuyamanika, nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Mbere n’Umuvugizi w’Abatalibani.

Umuvugizi mukuru, Zabihullah Mujahid yagize ati: “Kubera iyi ntsinzi, igihugu cyacu cyakuwe mu gihirahiro cy’intambara.”

Amashusho ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa mbere yerekanaga Abatalibani bahagaze imbere y’irembo ry’igipangu cya guverineri w’intara ya Panjshir.

National Resistance Front (NRF), ingabo ziyemeje kurwanya Abatalibani mu kibaya cya Panjshir, ziyemeje gukomeza urugamba nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.

NRF yavuze ko iri mu “myanya myiza y’urugamba” hakurya y’ikibaya, yongeraho ko “urugamba rwo kurwanya Abatalibani n’abafatanyabikorwa babo ruzakomeza”.

Aho umuyobozi w’uyu mutwe, Ahmed Massoud na Amrullah Saleh, wahoze ari visi perezida wiyunze kuri izi ngabo zanze kuyamanika nyuma yo kugwa kwa Kabul, baherereye ntihahise bamenyekana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *