AU yahagaritse Guinea iheruka kubamo kudeta

Sangiza iyi nkuru

Umuryango w’Ubumwe bwa Afrika, AU/UA wahagaritse mu banyamuryango bawo igihugu cya Guinea nyuma yo kubamo kudeta yahiritse Perezida Alpha Condé watowe n’abaturage.

Nk’uko bigaragara mu butumwa bwa Twitter bwa AU, Guinea yahagaritswe. Alpha Condé yahiritswe ku butegetsi n’itsinda ry’abasirikare bayobowe na Col Mamady Doumbouya ku Cyumweru gishize.

Iyi kudeta yamaganwe n’abatari bake haba mu Karere Mali ibarizwamo, UN/ONU ndetse na Amerika.

Umuryango w’akarere ECOWAS ryahagaritse Guinea kuwa Gatatu mu gihe ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga muri ibyo bihugu bageze i Conakry ngo bavugane n’abahiritse ubutegetsi.

Kudeta yo muri Guinea ibaye nyuma y’igihe gito muri Mali habaye indi yahiritse Leta y’inzibacyuho, Col Asimi Goita yigira umutegetsi mukuru.

Dr Kayumba ntazoroherwa na politike y’u Rwanda/Inteko z’abaturage zasubukuwe/consulat ya Kenya iGoma
youtube.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *