Ubutumwa Perezida Ndayishimiye yageneye Joe Biden n’Abanyamerika

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko yifatanyije na Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’abaturage b’iki gihugu, mu gihe bibuka imyaka 20 ishize bibasiwe n’ibitero bikomeye by’umutwe wa Al Qaeda.

Ni ibitero abiyahuzi b’uriya mutwe bagabye bifashishije indege enye bari bashimuse, ebyiri muri zo bazigongesha imiturirwa ya World Trade Center y’i New York.

Indi ndege yagongeshejwe Pentagon hafi y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika i Washington, mu gihe iya kane yo yashwanyukiye i Pennsylvania.

Icyo gihe Abanyamerika bakabakaba 3,000 baguye muri ibyo bitero, na ho abarenga 6,000 barakomereka.

Perezida Ndayishimiye mu butumwa yageneye Biden n’Abanyamerika muri rusange, yavuze ko iterabwoba rikwiye guhashywa uko ryakabaye.

Yifashishije Twitter yagize ati: “Uyu munsi nifatanyije na Perezida Joe Biden ndetse n’abaturage ba Amerika, mu gihe baha icyubahiro banibuka abo bakundaga bapfuye mu gihe cy’igitero cy’iterabwoba kubabaje cyabaye mu myaka 20 ishize.”

Perezida Ndayishimiye yunzemo ko iterabwoba uko rimeze kose “rikwiye kurwanywa kandi rigatsindwa.”

Perezida Biden we mu butumwa yageneye abaturage b’igihugu cye, yihanganishije imiryango y’abantu 2,977 baguye muri biriya bitero bya Al Qaeda, asaba Abanyamerika gukomeza kurangwa n’ubumwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *