RDC: Umugore wa Kabila yagize icyo avuga ku guhatanira kuba perezida utaha

Sangiza iyi nkuru

Olive Lembe, umugore wa Joseph Kabila, wahoze ari Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aratangaza ko nta gahunda afite yo kuzahatana mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu 2023, ariko ashobora gushyigikira umugabo we aramutse yongeye guhatanira gusubira mu ngoro yahozemo.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu, itariki 11 Nzeri 2021, na Naason Kubuya Ndoole, Umuhuzabikorwa w’umuryango udaharanira inyungu washinzwe na Olive Lembe, ‘Initiative Plus Olive Lembe Kabila (IPOLK)’ .

Yansabye kubabwira ko atitegura kuba umukandida ku mwanya wa perezida wa repubulika. Nta nubwo abifite mu migambi. Joseph Kabila naramuka yiyemeje kugaruka muri politiki, kwiyamamaza kumukandida cyangwa guhitamo umwe mu barwanyi bakuru nk’umukandida, nta muntu n’umwe watubuza, twe IPOLK kumushyigikira,”

Iyi nkuru dukesha 7sur7.cd ivuga ko uyu muryango, IPOLK, wabanje gushingwa mu murwa mukuru Kinshasa kuva mu 2019 mbere yo gukwira mu zindi ntara za Repubulika ya Demokarasi ya Congo ukora ibikorwa byo gufasha mu nzego zitandukanye zirimo ubuhinzi, uburezi, ubuvuzi n’izindi.

Uru rero rukaba ari urubuga rwiza rwo gushaka abayoboke hitwajwe ibyo bikorwa bitandukanye wagiye ukora byo gufasha abaturage.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *