Abarundi 13 n’Umunyamalawi wabafashije kwinjira mu gihugu batawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka na serivisi z’ubwenegihugu muri Malawi, kuri uyu wa gatanu rwataye muri yombi Abarundi 13 bashinjwa kwinjira mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko n’umuturage wa Malawi umwe ushinjwa gufasha abanyamahanga kwinjira mu gihugu mu buryo butemewe.

Itsinda riyobowe n’umuyobozi w’ibiro by’abinjira n’abasohoka muri Chitipa, Spt. Mterekesya, ryabashije guta muri yombi aba Barundi 13 nyuma yo guhabwa amakuru n’abaturage bari bamenye ko bari muri ako gace.

Iri tsinda kandi ryabashije guta muri yombi Umunyamalawi, Jackson Kayuni wo mu mudugudu wa Mwankumbwa, muri Chitipa, wagize uruhare rwo gucumbikira abo banyamahanga mu nzu ye.

Nk’uko iyi nkuru dukesha Malawi24 ivuga, na moto yakoreshejwe mu kuvana aba Barundi ahitwa Isongole muri Tanzania bajya muri Malawi na yo yarafatiriwe.
Mu Bantu batawe muri yombi kandi harimo abagore babairi n’umwana umwe utaruzuza imyaka y’ubukure.

Aba Barundi uko ari 13 bagomba kuburana ibirego byo kwinjira muri Malawi binyuranyije n’itegeko rigenga abinjira mu gihugu mu ngingo yaryo ya 21, igika cya 1. Ni mu gihe Umunyamalawi wabafashije ashinjwa gufasha kwinjira mu gihugu binyuranyije n’amategeko binyuranyije n’ingingo ya 36 y’itegeko rigenga abinjira mu gihugu muri Malawi.

Kuri ubu abatawe muri yombi bafungiye muri Gereza ya Chitipa mu gihe hategerejwe urubanza rwabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *