Guverineri w’Intara ya Lualaba, Richard Muyej, yegujwe ku buyobozi bw’iyi ntara n’abagize inteko ishinga amategeko yayo , ariko Perezida w’umuryango, ASADHO, (l’Association africaine des droits de l’homme,) aravuga ko iyeguzwa rye rinyuranyije n’amategeko.
Abadepite 11 muri 17 bagize inteko ni bo batoye iyeguzwa rya Guverineri Richard Muyej, w’iNtara ya Lualaba iherereye mu majyepfo ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Iyeguzwa rye rikaba rije nyuma y’amezi umunani ashinjwe ibyaha birimo kunyereza umutungo.
Perezida w’inteko ishinga amategeko y’intara ya Lualaba, Louis Kamwenyi abisobanura agira ati: “Twahisemo kwambura icyizere cyacu guverinoma y’intara ….”
Ntaragaruka mu ntara kuva mu mezi umunani
Iyi nkuru dukesha RFI iravuga ko Guverineri Muyej yavuye Lualaba agiye I Kinshasa mbere yo gukomereza muri Afurika y’Epfo kwivuza, ariko kuva icyo gihe ntaragaruka mu ntara.
Abashyigikiye uyu mugabo wegereye cyane Joseph Kabila, bavuga ko yagambaniwe.
Jean-Claude Katende, ukuriye umuryango ASADHO yahamagariye minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu kudaha agaciro iki cyemezo cyo kumweguza avuga ko kibogamye.


