Ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Volleyball, yongeye kwisanga hamwe na Uganda mu mukino wa shampiyona nyafurika wo guhatanira umwanya wa gatanu.
Mu mpera z’icyumweru gishize amakipe yombi yari yahuriye mu mukino w’ishiraniro wari uwa nyuma wo mu tsinda A, urangira u Rwanda rutsinze Abagande amaseti 3-2.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yaherukaga gusezererwa muri 1/4 cy’irangiza na Maroc, yabonye itike yo guhatanira umwanya wa gatanu nyuma yo gutsinda Nigeria amaseti 3-0 (25-17, 25-22, 25-17).
Muri uyu mukino wabereye muri Petit Stade Amahoro i Remera kuri uyu wa Mbere, u Rwanda rwatsinze iseti ya mbere mu buryo butagoranye ku manota 25-17.
Abasore b’umutoza Paulo De Tarso Milagres bafashijwe n’abafana batari bake baje kureba uyu mukino, yatsinze iseti ya kabiri bisa n’ibigoranye ku munota 25-22.
U Rwanda rwashimangiye kuzahatanira umwanya wa gatanu ubwo rwatsindaga iseti ya gatatu ku manota 25-17 ndetse ruzahura na Uganda ku wa Kabiri saa Tanu ubwo hazaba hasozwa irushanwa.
Uganda yo yabonye itike yo guhatanira umwanya wa gatanu nyuma yo gutsinda Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amaseti 3-1 (23-25, 25-21, 25-23, 25-19) mu wundi mukino wabereye muri Petit Stade.
Mu guhatanira umwanya wa karindwi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo izahura na Nigeria guhera saa Tatu muri Kigali Arena.
Biteganyijwe ko umukino wa nyuma w’iyi shampiyona uzahuza Tunisia yasezereye Misiri ku maseti 3-1 na CamĂ©roun yasezereye Maroc na yo iyitsinze amaseti 3-1. Ni ku nshuro ya kabiri yikurikiranya aya makipe yombi agiye guhurira ku mukino wa nyuma wa ririya rushanwa.
Umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu n’uwa kane wo uzahuza Maroc na Misiri.


