Sudani: Igisirikare cyateye utwatsi umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Sudani ku Cyumweru cyahakanye amakuru yavugaga ko muri iki gihugu haba harabaye kugerageza guhirika ubutegetsi nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi muri Guinea.

Amakuru atandukanye yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga kuwa gatandatu ushize yavugaga ko igisirikare cyaba cyaburijemo umugambi wo guhirika ubutegetsi wa bamwe mu basirikare bakuru.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, igisirikare cyavuze ko ayo makuru yakwirakwijwe ari amahimbano, kivuga ko yahimbwe n’amashyaka amwe ariko nticyatangaza ayo ari yo.

Igisirikare cya Sudani nk’uko iyi nkuru dukesha Anadolu Agency ivuga, cyakomeje gishimangira ko kiyemeje kurinda inzibacyuho igihugu kirimo kigana ku matora ya demokarasi.

Muri Mata 2019, igisirikare cyahiritse ku butegetsi Omar Al-Bashir nyuma y’imyigaragambyo ikaze y’abaturage yamaganaga ubutegetsi bwe bwari bumaze imyaka igera muri 30.

Hashinzwe inama igomba kuyobora igihugu mu nzibacyuho, yashinzwe nyuma y’amasezerano hagati y’abasirikare n’abayobozi b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, igomba kumara imyaka 3.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *