Ndahamya ko APR FC itabaniwe ubwo bayimaga penaliti igaragarira buri wese_Sadate

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari Perezida wa Rayon Sports, Munyakazi Sadate, ari mu banze kuripfana yemeza ko APR FC yimwe penaliti ubwo yakinaga na Mogadishu City Club yo muri Somalia ku Cyumweru gishize.

APR FC yari yasuye Mogadishu City Club mu mukino ubanza w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league wabereye muri Djibouti, urangira amakipe yombi aguye miswi 0-0.

Iyi kipe y’ingabo z’igihugu mu ntangiriro z’igice cya kabiri cy’umukino yahushije uburyo bukomeye bw’ibitego binyuze kuri Bizimana Yannick na Mugisha Gilbert.

Abenshi banemeza ko iyi kipe yakabaye yarahawe Penaliti ku ikosa Yannick Bizimana yakorewe mu rubuga rw’amahina, ariko umunya-Tanzania wari wasifuye uyu mukino agasanza amaboko avuga ko nta cyari cyabaye.

Sadate yifashishije amashusho yerekana Yannick akorerwaho ikosa na myugariro wa Mogadishu City Club, ashimangira ko APR FC yakabaye yarahawe Penaliti.

Ati: “Mu mukino wahuje APR na Mogadishu City ndahamya ko APR itabaniwe ubwo bayimaga Penalite igaragarira buri wese, ibi byitwa gutegura. Pole sana kubavandimwe bacu bo muri APR FC.”

Umukino wo kwishyura hagati y’amakipe yombi uteganyijwe kubera kuri Stade ya Kigali ku Cyumweru, APR FC ikaba isabwa kuwutsinda kugira ngo ihurire na Etoile Sportive du Sahel mu ijonjora rya kabiri.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *