Col. Isaac Zida wayoboye Burkina Faso yavuze ibyaba Perezida Ouattara ahiritswe

Sangiza iyi nkuru

Col. Isaac Zida wigeze kuyobora Burkina Faso mu nzibacyuho iminsi 17 mu 2014, aravuga ko Perezida Alassane Ouattara wa Cote d’Ivoire yahinduye itegeko nshinga kugirango ayobore manda ya gatatu, kubw’ibyo akaba asanga ahiritswe ku butegetsi abaturage bakwishima.

Uyu musirikare wabaye perezida w’inzibacyuho wa Burkina Faso nyuma y’imyivumbagatanyo y’abaturage yakuyeho Blaise Compaore ku itariki ya 31 Ukwakira 2014, avugana na kimwe mu binyamakuru byo mu gihugu cye, ko ihirikwa rya Ouattara rishobora gutera ibyishimo muri Cote d’Ivoire.

Avuga ko abaturage bamaganye manda ye ya gatatu bashobora gusohoka mu muhanda bagakora imyigaragambyo yo kwishimira ko yakuwe ku butegetsi.

Col Zida wagize uruhare mu guhirkka Compaore ati “Côte d’Ivoire imeze neza nka Guinea. Habaye guhirika ubutegetsi, abantu bakwishima. Bazishima kubera ko Abanya Cote d’Ivoire benshi barwanyije guhindura itegeko nshinga ku ya 8 Ugushyingo 2016. Iri tegeko nshinga niryo ryemereye Alassane Ouattara kuba Perezida wa Repubulika ku nshuro ya gatatu”.

Isaac Zida uri mu buhungiro muri Canada, yavuye ku buyobozi bw’inzibacyuho ya Burkina Faso nyuma yo guterana amagambo n’abayobozi ba Cote d’Ivoire. Muri Abidjan, Alassane Ouattara na Guillaume Soro bigeze gushinjwa gushaka guhirika ubuyobozi bw’inzibacyuho muri Burkina Faso, ku bw’inyungu za Gen. Diendéré, ubu ufunzwe.

Ku itariki ya 17 Ugushyingo 2014, umusivili, Michel Kafando, niwe watoranyijwe ngo aimbure Zida nk’umuyobozi w’inzibacyuho, arahira ku itariki ya 18 Ugushyingo, ahita agira Zida Minisitiri w’Intebe ku itariki ya 19 Ugushyingo 2014 umwanya yabayeho kugeza mu 2015.

Yavuye muri Burkina Faso ajya muri Canada muri Mutarama 2016 agiye gusura umuryango we agomba gusubira mu gihugu muri Gashyantare, ariko ntiyongeye gusubirayo kugeza ubwo Perezida Marc Kabore atangarije ko agomba kwirukanwa mu gisirikare kuko yagitorotse.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Col. Isaac Zida wayoboye Burkina Faso yavuze ibyaba Perezida Ouattara ahiritswe
    Erega ni ku isi yose! Umutegetsi agera igihe akarambirana. Niyo mpamvu manda ebyili ziba zihagije. Nta na hamwe, ushyizemo no mu Rwanda, abategetsi batinubirwa iyo bakoze amanyanga yo kugundira ubutegetsi. Ni ukwishuka iyo bavuga ngo “abaturage bansabye …”.

  2. Col. Isaac Zida wayoboye Burkina Faso yavuze ibyaba Perezida Ouattara ahiritswe
    Erega ni ku isi yose! Umutegetsi agera igihe akarambirana. Niyo mpamvu manda ebyili ziba zihagije. Nta na hamwe, ushyizemo no mu Rwanda, abategetsi batinubirwa iyo bakoze amanyanga yo kugundira ubutegetsi. Ni ukwishuka iyo bavuga ngo “abaturage bansabye …”.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *