Igipolisi cya Kenya mu ntara ya Nakuru kiri gukora iperereza ku mahano y’umuganga (doctor) ushinjwa kwica abana be babiri, bafite imyaka itatu n’itanu, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu yarangiza agashaka kwiyahura ntibimukundire.
Umuyobozi wa polisi muri Nakuru, Beatrice Kiraguri yatangarije The Standard ko iperereza ry’ibanze ryerekana ko muganga yateye abana imiti itaramenyekana, ikabaviramo urupfu.
Yagize ati “Ahakorewe icyaha herekana imiti imwe yakoreshejwe ku bana no kuri we. Hazakorwa ibizamini byo kwa muganga ngo hamenyekane ubwoko bw’iyo miti.”
Uyu muganga arimo koroherwa mu Bitaro bya Nakuru, mu gihe imirambo y’abana yajyanwe mu buruhukiro bw’ibi bitaro. Uyu muganga kandi yemeye ko yiyiciye abana nk’uko inkuru ivuga.
Polisi ivuga ko uyu muganga ataragira byinshi atangaza ku byabaye, kandi umugore we atari ari mu rugo ubwo byabaga.
Abaturanyi batabaje bavuga ko uyu mugabo yari yagiranye ubwumvikane bucye n’umugore we mbere y’uko ibi biba. Icyo bapfaga ntabwo kiramenyekana.


