Hafashwe umwarabu ushinjwa kuba yatozaga inyeshyamba za ADF gukoresha drones

Sangiza iyi nkuru

Umunyamahanga ukomoka mu gihugu cya Jordan mu Burasirazuba bwo Hagati, bivugwa ko ari mu batoza inyeshyamba za ADF, yatawe muri yombi n’abayobizi ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo, afatiwe ku muhanda usanzwe atari nyabagendwa wo muri Beni nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kabiri.

Patrick Muyaya, Umuvugizi wa Guverinom ya Congo yagize ati “Igisirikare cyafashe Umunya-Yorodani ku muhanda Beni-Kasindi. Yoherejwe I Kinshasa kandi kuri uyu munsi (kuwa Kabiri) yahaswe ibibazo n’ubushinjacyaha bwa gisirikare,”

Uyu yongeyeho ko “uyu mugabo yari ashinzwe gutoza ibyehebe bya ADF gukoresha drones,”

Nk’uko bitangazwa na Actualite.cd, andi makuru avuga ko uyu mwarabu yasanganwe uruhushya rwo gutura mu gihugu yahawe na Repubulika ya Kosovo.

Iki cyangombwa kivuga ko uyu afite imyaka 40, ariko kivuga ko ubwenegihugu bwe ari ubwa Arabia Saoudite aho kuba ubwa Jordan.

Muri Gicurasi, umwe mu mbohe zari zashimuswe na ADF, yari yahaye ubuhamya itsinda ry’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, ko yahabonye abantu b’uruhu rwera bari gukoresha utudege tutagira abapirote (drones) mu ishyamba ryo muri Teritwari ya Beni.

Uku gutabwa muri yombi “kwaba ari ikindi kimenyetso kigaragaza ko Leta ya Kisilamu (IS) ifite ishami ryayo muri Congo, aho itanga ubufasha bwa tekinike butaziguye kugira ngo intego za yo zigerweho”, nk’uko Laren Poole ukuriye ibikorwa by’umuryango w’Abanyamerika Bridgeway yabitangarije AFP.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *