Perezida Museveni yafunguye insengero utubari n’amashuri bikomeza gufunga

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Museveni yategetse ko ko insengero, zari zimaze ukwezi hafi n’igice zifunze, zifungurwa, ariko hubahirizwa byimazeyo uburyo bukoreshwa (SOP) kugira ngo hatabaho ikwirakwizwa rya coronavirus, anafungura za casinos, imikino y’amahirwe n’ahakorerwa siporo ariko amashuri akomeza gufungwa.

“Ahantu ho gusengera ubu hashobora gufungurwa hifashishijwe amabwiriza akomeye nko; gushyiraho umubare ntarengwa w’abantu 200 no gukurikiza izindi ngamba zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo ziriho zose.”

Perezida yemeye kandi kongera umubare w’abantu bitabira ubukwe n’ibindi birori ukagera kuri 200, mu gihe za casino, imikino y’amahirwe, no gutega, ndetse na siporo byemerewe gukora ku manywa bigafunga saa kumi n’ebyiri z’umugoroba nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ivuga.

Ati: “Umubare w’abantu bitabira ubukwe n’ibindi birori ushobora kwiyongera kugeza ku bantu 200 hubahirijwe cyane Singamba zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo. Casinos, imikino y’amahirwe, imikino ya betting, hamwe na siporo (gyms)bishobora gukora ku manywa bikarangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.”

Perezida Museveni kandi yemereye amasoko gukora buri cyumweru na buri kwezi hubahirizwa byimazeyo amabwiriza yo gukumira icyorezo. Yakomeje ariko gufunga izindi nzego, atekereza ko umubare w’abantu bamaze gukingirwa ukiri muto cyane bityo bikaba bishobora kugira ingaruka kuzifungura.

Ati: “Miliyoni 4.8 z’abaturage bashyizwe imbere harimo n’abarimu bagomba kubanza gukingirwa mbere y’uko dufungura amashuri. Amashuri y’ubumenyingiro akazafungura guhera ku ya 1 Ugushyingo 2021, hashingiwe ko abarimu bose n’abakozi batigisha bakingiwe. Ibindi bigo by’amashuri bizafungura muri Mutarama 2022 “.

Kugeza ubu, mu barimu 550.000 bateganijwe, 269.945 bamaze kubona doze ya mbere y’urukingo mu gihe 96.653 bahawe doze ya kabiri. Ubwo hasigaye 280.055 batarabona doze n’imwe.

Hagati aho kandi ibitaramo, utubyiniro, utubari n’ibindi bikorwa byo kwishimisha bizakomeza gufunga kuzageza igihe abaturage bashyizwe imbere babarirwa muri miliyoni 4,8 barimo; abakora mu buvuzi, abarimu, abashinzwe umutekano n’abantu bakuze bazaba bamaze kubona doze zose z’urukingo.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Perezida Museveni yafunguye insengero utubari n’amashuri bikomeza gufunga
    Mu Rwanda ho ni ikinyuranyo.
    Bafunguye insengero, ariko na n’ubu imisigiti y’abisilamu bari kuvuga ko igifunzwe. Ngo hari urwego rw’umwihariko ruzatanga uburenganzira bwo gutangira gukoresha imisigiti (andi madini yo ari gukora nta kibazo) nabisomye mu kinyamakuru umuyoboro.

  2. Perezida Museveni yafunguye insengero utubari n’amashuri bikomeza gufunga
    Mu Rwanda ho ni ikinyuranyo.
    Bafunguye insengero, ariko na n’ubu imisigiti y’abisilamu bari kuvuga ko igifunzwe. Ngo hari urwego rw’umwihariko ruzatanga uburenganzira bwo gutangira gukoresha imisigiti (andi madini yo ari gukora nta kibazo) nabisomye mu kinyamakuru umuyoboro.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *