Musanze: Barashinja Classic Lodge Hotel kubatwarira ubutaka ntibahe ingurane

Sangiza iyi nkuru

Abagize umuryango wa Gafurege Paul wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, barasaba kurenganurwa nyuma y’imyaka itatu ubutaka bwabo butwawe na Classic Lodge Hotel ikabushyiramo umuhanda, ariko ikaba itarabahaye ingurane yabwo.

Ni ubutaka buherereye mu mudugudu wa Nyiramuko, akagari ka Cyivugiza ho mu murenge wa Muko.

Mpunga Jean Damascène uhagarariye uriya muryango, avuga ko ubu butaka bwabo basigiwe n’ababyeyi nyuma yo kwitaba Imana bwatwawe na Hoteli ikaza ikabunyuzamo umuhanda ujyayo muri 2018, gusa ibyo kubaha ingurane ikaba itabikozwa.

Ati: “Rwiyemezamirimo ufite Classic Lodge yafashe isambu yacu ayinyuzamo umuhanda ujya kuri hoteli ye, ariko yatwimye ingurane ndetse ubona ko utanabyifuza; kuko twarabandikiye ariko nta gisubizo habe no kuduhamagara cyangwa ngo yakire na telefoni zacu ngo tuganire uko iki kibazo cyakemuka.”

Uyu mugabo avuga ko batanze ibikorwa by’iterambere ngo babe barwanya uriya muhanda, ariko nanone bakaba bakwiye guhabwa ingurane y’ibyabo byangijwe.

Avuga ko inshuro zose bagerageje kuvugisha nyiri Classic Lodge Hoteli yanze kubasubiza, bityo bagasaba inzego bireba kubarenganura.

Ati: “Twagerageje kubandikira ntibadusubiza ndetse turanabahamagara nabwo ntagusubiza. Keretse mbere ataramenya telefoni zacu ni bwo yayitabye nyuma amaze kumenya ikibazo ntiyongeye, ni bwo twabimenyesheje inzego z’ubuyobozi, kuva ku kagari kugeza mu karere ariko nta muyobozi n’umwe wagize ugira ubushake bwo kumva ikibazo cyacu.”

“Turasaba izi nzego ko zatwumva bakaduhuza tugakemurirwa ikibazo.”

Abaturage batuye muri ako gace bakora ubuhinzi bavuga ko uyu muhanda wacishijwemo ubwo iyi hoteli yari itangiye kubakwa, ariko ko nta biganiro byigeze bibaho kugeza ubwo hanashyirwaga kaburimbo ijyayo.

Nyirangirimana Elyvanie ni umwe muri bo wagize ati ” Maze imyaka 24 mpinga aha hantu. Nta muhanda wigezemo hano habaga akayira k’abahinzi babaga bajya mu mirima yabo gusa kugeza ubwo iyi hoteli yahubakwaga, nta bwumvikane bwabaye mu gushyira umuhanda muri iyi sambu.”

“Baraje baturimburira ibishyimbo byari bimaze kuraba, harimo n’imyumbati byose bararimbura baduteza inzara. Tubona ari akarengane kuko no ku nkengero z’uyu muhanda yahahinze imigano ku buryo igenda ikura ijya mu murima igafata ahandi hanini kandi nta kintu wahahinga ubu ngo kere.”

BWIZA ubwo yandikaga iyi nkuru yifuje kuvugana kuri iki kibazo na nyiri iyi Hoteli Classic Lodge, Habyarimana Jean Pierre, gusa ntibyadukundira kuvugana na we ku murongo wa terefoni.

Cyakora cyo ubuyobozi bw’akarere ka Musanze buvuga ko hari abaturage bakibugejejeho.

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere, Rucyahana Mpuhwe Andrew, avuga ko Akarere ka Musanze ari ko kafashije uyu Rwiyemezamirimo kubaka umuhanda wa kaburimbo ujya iwe, ariko ko hari harimo umuhanda n’ubundi wajyagayo.

Visi-Meya wa Musanze avuga ko bagiye husuzuma imiterere y’iki kibazo aba baturage bakishyurwa, kuko umutungo w’umuntu ari ntavogerwa kandi iyi hoteli iri mu bucuruzi.

Ati: “Abantu babiri ni bo bamaze kutugezaho ikibazo cyabo bagaragaza ko ubutaka bwabo bwubatsweho ariko ntibahabwe ingurane. Twabasabye kutuzanira icyangombwa cyabo cy’ubutaka bakanatwandikira mu buryo bwemewe, batugaragariza ikibazo cyabo noneho tugacukumbura tukamenya ese mbere y’uko hoteli yubakwa hari umuhanda.”

“Mbese niba wari uhari wanganaga ute? Ese hari uwavogereye ubutaka bw’abaturage? Hanyuma turebe uburyo twakemura ikibazo cyabo”.

Ubutaka bwakoreshejwe hubakwa uyu muhanda bungana na metero 120 mu burebure na metero 15 z’ubugari.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *