capture-15.jpg

Ivuguruye: Uwo bivugwa ko ari mushiki wa Minisitiri w’Intebe w’u Burundi yahitanwe n’ibikomere nyuma yo kuraswa

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka mu Burundi agera kuri Bwiza.com aravuga ko ymugore witwa Chantal Hatungimana bivugwa ko ari mushiki wa Minisitiri w’Intebe, Guillaume Bunyoni amaze kuraswa kuri uyu wa Mbere, itariki 27 Nzeri, muri aya masaha ya mbere ya saa sita arasiwe ahitwa Carama mu majyaruguru ya Bujumbura aza gupfira kwa muganga azize ibikomere.

Bivugwa ko ibi byabereye mu gace ka Carama, muri Zone Kinama, mu Mujyi wa Bujumbura, aho umugabo wari ufite imbunda yo mu bwoko bwa pistol ndetse na Kalachnikov yarashe kuri uyu mugore yarangiza akagenda agasiga iyo mbunda nini ya Ak-47 aho ngaho.

capture-15.jpg

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa twitter rwa SOS Medias Burundi, Chantal Hatungimana bivugwa ko ari umuyobozi w’ishami rishinzwe gucyura abavuye mu byabo muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, yarashwe amasasu menshi mu nda ariko ntiyapfa ajyanwa kwa muganga, aho yaje gupfira.

Amakuru ataremezwa neza avuga ko Chantal ari mushikiwa Minisitiri w’Intebe, Bunyoni, akaba yarashwe ubwo yiteguraga kujya ku kazi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *