Ikipe ya Rayon Sports yemeje ko yamaze gusinyisha rutahizamu Souleymane Sanogo ukomoka mu gihugu cya Mali, aba umunyamahanga wa gatanu isinyishije mu minsi ibiri ishize.
Uyu munya-Mali yasinye imyaka ibiri kuri uyu wa kabiri, nyuma y’imyitozo yabereye mu Nzove.
Ni imyitozo iyi kipe ikomeje kugeragerezamo abakinnyi batandukanye biganjemo abanyamahanga, abo ishimwe ikabasinyisha mu gihe abo yanenze ihita ibasezerera.
Sanogo yiyongereye ku bandi banyamahanga iyi kipe yasinyishije, barimo abanya-Maroc: Ait Ayoub Lahssaine na Rharb Youssef yatwijwe na Raja Casablanca yo muri Maroc cyo kimwe n’umunya-Caméroun Leandre Willy Essoumba Onana wasinye imyaka ibiri.
Undi bivugwa ko yamaze gusinyira iyi kipe ni umunya-Senegal Boubakar Cissoko, nyuma yo gushimwa n’abatoza mu mikino wa gicuti Rayon Sports iheruka gutsindamo AS Muhanga ibitego 3-1.
Rayon Sports kandi yamaze kongerera amasezerano Kevin Muhire wanagaragaye mu myitozo yayo uyu munsi.
Cyakora cyo hari abakonnyi bivugwa ko umutoza Masoudi Djuma yamaze gusezerera, barimo ba myugariro Iradukunda Alex na Niyibizi Emmanuel ‘Kibungo’ cyo kimwe na Jackson Mudacumura ukina hagati mu kibuga.






