Ikipe ya Paris Saint-Germain yatsinze Manchester City ibitego 2-0 mu mukino wa UEFA Champions league, Lionel Messi atsinda igitego cya mbere yambaye umwambaro w’iyi kipe y’i Paris.
Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa kabiri wo mu tsinda A wabereye i Parc des Princes mu Bufaransa. Wari umukino w’ishiraniro waranzwe no gusatirana ku mpande zombi.
Messi yatsindiye PSG igitego ku munota wa 74 w’umukino, ku mupira yazamukanye aturutse hafi y’umurongo ugabanya ikibuga mo kabiri akawukina na Mbappe wahise awumusubiza, mbere yo kurekura ishoti rikomeye ryahise riruhukura mu nshundura.
Igitego Messi yatsinze Man City cyari icya 27 atsinze amakipe yo mu Bwongereza mu mikino 35 amaze guhuriramo na yo muri UEFA Champions league.
Byasabye umukino wa kane kugira ngo uyu munya-Argentine atsindire PSG igitego cya mbere, nyuma yo kuyigeramo mu mpeshyi y’uyu mwaka avuye muri FC Barcelona yo muri Espagne.
PSG yari yafunguye amazamu ku munota wa karindwi w’umukino ibifashijwemo n’umunya-Senegal Idriss Gana Gueye.
Cyakora cyo n’ubwo Manchester City yatsinzwe uyu mukino, yahushije uburyo bwinshi bwakabaye bwavuyemo ibitego imbere yizamu rya PSG.
Uburyo iyi kipe yahushije burimo ubwa Raheem Sterling wateye umupira n’umutwe ukagarurwa n’umutambiko w’izamu, Bernardo Silva yawusonga ukagarurwa nanone n’igiti cy’izamu.
Man City muri uyu mukino ahanini yagowe n’umunyezamu Gianluigi Daunnarumma wakuyemo imipira irindwi yashoboraga kuvamo ibitego, n’indi ine yakubise ibipfunsi.


