Malawi: Umudepite yirasiye mu nteko ishinga amategeko arapfa

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Malawi, Clement Chiwaya, yirasiye mu nteko kuri uyu wa Gatanu arapfa.

Chiwaya yahoze ari Visi-Perezida w’Inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite; inshingano yakoze hagati ya 2014 na 2019. Kuri ubu yari asigaye agendera mu kagare nyuma yo kugira ikibazo cyo kumugara.

Mu rwandiko uyu mugabo w’imyaka 50 yanditse mbere y’uko yirasa, yakomoje ku makimbirane yagiranye n’abakozi b’Inteko Ishinga amategeko muri Malawi kubera imodoka yari yaremerewe yari gushobora kwitwarira ubwe n’ubwo yari afite ubumuga.

Ni imodoka yemerewe muri 2019 ubwo yari amaze kwegura ku nshingano ze, nyuma y’impanuka yakoze ikamusigira ubumuga.

Amakuru avuga ko Chiwaya yishyuye amafaranga yo kugura iriya modoka, ariko Inteko ishinga amategeko imwima impapuro zerekana ko ari iye koko, ndetse inanirwa no kumwishyura ibyangijwe n’impanuka yamugize ikimuga.

Inteko ya Malawi mu itangazo yasohoye binyuze muri Perezida wayo, yavuze ko urubanza rwayo n’uriya mugabo rwari rukiri mu rukiko.

Ibinyamakuru byo muri Malawi bivuga ko Chiwaya yinjiye mu biro by’umwanditsi w’Inteko, Fiona Kalembera, agahita yirasa undi areba.

Mu rwandiko rwe yavuze ko yari amaze kunanirwa kubera gukomeza asabiriza ibintu bye, yungamo ko yafashe icyemezo cyo kwiyahura yirinda kugira abandi yababaza.

Polisi ya Malawi ntacyo iratangaza ku kwiyahura k’uriya mudepite, gusa umuvugizi wayo, James Kadadzera, yavuze ko agira byinshi atangaza nyuma y’iperereza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *