RDC: Byibuze abantu 6 bishwe imodoka 6 ziratwikwa mu gitero ku ruhererekane rwazo

Sangiza iyi nkuru

Igitero cyagabwe kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 9 Ukwakira 2021, ku ruhererekane rw’imodoka ku gice cy’umuhanda wa Komanda-Luna, i Mambelenga, muri Sheferi ya Walese Vonkutu, mu majyepfo ya Teritwari ya Irumu, mu Ntara ya Ituri, cyangije ibintu byinshi ndetse gihitana n’abantu.

Amakuru aturuka muri sosiyete sivile yo muri ako gace avuga ko muri iki gitero byibuze abasivili batandatu (6), bari abagenzi bose, baguye muri iki gitero. Imodoka esheshatu (6) nazo zatwitswe. Abarwanyi b’Abagande bo mu mutwe wa ADF bivugwa ko ari bo bagize uruhare muri iki gitero.

Amakuru yemejwe n’inzego nyinshi zigenga n’iz’umutekano. Baratinya ko abapfuye baziyongera, kubera ko abagenzi benshi muri izo modoka zatwitswe batabonetse nk’uko iyi nkuru dukesha Actu7.cd ivuga.

Ku wa Gatandatu, tariki ya 9 Ukwakira 2021, ahagana mu ma saa tanu z’ijoro ku isaha yo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abakekwaho kuba abarwanyi ba ADF bo muri Uganda “bitambitse” uruhererekane rw’imodoka zari zivuye mu gace ka Luna zerekeza Komanda n’ahandi mu gace ka Mambelenga. Imodoka nyinshi zashoboye gucika no gukomeza urugendo zihuta cyane mu gihe izindi zahatiwe guhindukira.

Ibitero by’abantu bitwaje intwaro byibasira ibinyabiziga ku gice cy’umuhanda Komanda-Luna byakajije umurego hagati ya Kamena na Kanama. Ibi byatumye abayobozi ba gisirikare baherekeza imodoka.

Ariko kuva icyo gihe, ingabo zakomeje kwamagana kutubahiriza amabwiriza y’umutekano kwa bamwe mu bashoferi biha kunyura aha hantu mu masaha ari hejuru ya saa kumi z’umugoroba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *