Umugore yokeje umwana we ibiganza kuko yariye abandi bo mu rugo batararya

Sangiza iyi nkuru

Polisi mu Karere ka Napak muri Uganda, icumbikiye umugore wo mu bwoko bwa Karamojong, Christine Abura, watwitse umwana we w’umukobwa ibiganza kuko yariye ku biryo, abandi bo mu rugo batarabiryaho.

Uyu mugore w’imyaka 31 akurikiranyweho ko iki cyaha yakoreye mu cyaro cya Lokitelaemun, akagerageza kubihisha nk’uko umupolisi witwa Anna Modo abivuga.

Modo avuga ko kuwa 5 Ukwakira, Abure yokeje umukobwa we w’imyaka itandatu, akazajya amufungirana mu nzu, akamunagira ibiryo bike kugeza ubwo abaturanyi babimenye, bagatabaza polisi.

Umuvugizi wa Polisi mu gace ka Moroto, AIP Longole Mike avuga ko ” Twahise tujya kureba, uwo mugore turamufata, ubu arafunzwe. Urukiko ruzamukanira urumukwiye.”

Polisi yavuze ko iyo nshuro ari iya kabiri kuko yigeze no kuvuna umuhungu we, Losike Joseph w’imyaka umunani ukuguru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *