Guinea: Batatu bahoze muri guverinoma ya Alpha Conde bashyizwe mu y’agateganyo

Sangiza iyi nkuru

Abayobozi bashya bahiritse ubutegetsi muri Guinea bagize abantu barimo uwahoze ari umujenerali n’abandi batatu bahoze muri Guverinoma ya Alpha Conde muri guverinoma nshya.

Igisirikare cyagerageje kenshi guhumuriza abashoramari, abaterankunga ndetse n’ibihugu byo mu karere, kivuga ko guhirika Conde cyari igikorwa kimwe cyo gukuraho icyo bita ruswa, kandi ko kidafite gahunda yo kuguma ku butegetsi.

Aboubacar Sidiki Camara wahoze ari jenerali mu gisirikare yagizwe minisitiri w’ingabo w’agateganyo nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa guverinoma kuri Televiziyo y’igihugu kuri uyu wa Kane.

Camara yigeze kuba umuyobozi ushinzwe abakozi muri minisiteri y’ingabo kubwa Alpha Conde, nyuma yaho yoherezwa kuba ambasaderi muri Cuba.

Bachir Diallo, wahoze ari defence attaché muri ambasade ya Guinea muri Algeria yagizwe minisitiri w’umutekano, naho Louhopou Lamah, wahoze ari umuyobozi w’ubucuruzi bwo hanze y’igihugu agirwa minisitiri w’ibidukikije.

Abdourahmane Sikhé Camara we yagizwe Umunyamabanga Mukuru wa Guverinoma mu gihe mbere yari umujyanama w’Umunyamabanga Mukuru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *