Muganga akurikiranweho gukubita umurwayi bikamuviramo urupfu

Sangiza iyi nkuru

Umuforomo w’imyaka 57 y’amavuko uvurira mu bitaro by’akarere ka Lundazi, Charles Mazyopa ari mu maboko ya Polisi ya Zambia akekwaho gukubita inshyi umurwayi witwa Christopher Theo, bikamuviramo urupfu.

Umuvugizi wa Polisi ya Zambia, Rea Hamoonga yatangarije Mwebantu ko uyu murwayi yari mu bitaro ya Lundazi tariki ya 25 Ukwakira 2021 n’iya 2 Ugushyingo 2021.

Ubwo yari arwariye muri ibi bitaro, uyu muforomo ngo yamukubise inshyi ebyiri, atangira kuva amaraso mu mazuru, aza gupfa nyuma y’amasaha ane.

Uyu mupolisi avuga ko abo umuryango wa nyakwigendera washyinguye umurambo we hatarakorwa iperereza kugira ngo hamenyekane uko yishwe. Ngo birasaba ko umurambo utabururwa kugira ngo abaganga babizobereyemo bawukoreho ikizamini.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *