Umuyobozi w’igisirikare cya Sudani, General Abdel Fattah al-Burhan, wayoboye ihirika ry’ubutegetsi riheruka, yashyizeho Guverinoma nshya y’inzibacyuho yiganjemo abantu basaba ko ubutegetsi bwasubizwa abasivili.
Televiziyo ya leta kuri uyu wa Kane yatangaje ko Gen. al-Burhan azakomeza kuba Perezida w’Akanama kayoboye igihugu, akazakomeza kungirizwa na Mohamed Hamdan Dagalo, umuyobozi w’umutwe witwara gisirikare ukunze gufatanya n’igisirikare uzwi nka Hemeti.
Gen. Burhan yasheshe leta y’inzibacyuho yari iyobowe na Minisitiri w’Intebe, Abdalla Hamdok ku itariki ya 25 Ukwakira, ahita atangaza ko igihugu kinjiye mu bihe bidasanzwe anafunga abasivili bari bagize iyi guverinoma.
Atangaje ko hashyizwe guverinoma nshya mu gihe haburaga iminsi ibiri ngo habe imyigaragambyo karundura y’abadashyigikiye ihirikwa rya guverinoma y’inzibacyuho yari iyobowe na Hamdok.
AFP ivuga ko guverinoma nshya irimo abasivili n’abasirikare bamwe bagumishijwemo nka Shamsaldine al-Kabashi, Yasser al-Atta, na Ibrahim Gaber, ariko abasivili bagize uruhare mu kuvanwa ku butegetsi bwa Omar al-Bashir bose bakuwemo.
Akanama kayoboye igihugu kashinzwe mu 2019 mu rwego rwo gusaranganya ubutegetsi hagati y’abasirikare n’abasivili bafite inshingano zo kuyobora Sudani mu matora ya demokarasi nyuma y’imyigaragambyo ya rubanda yatumye Omar al-Bashir wari umaze imyaka myinshi ku butegetsi akurwaho.
Akanama kasaga nk’aho ariko mukuru w’igihugu gakorana na guverinoma ya Hamdok yitaga ku bibazo bya Sudani umunsi ku wundi. Mu mezi ari imbere, Al-Burhan na Dagalo bagombaga guha ubuyobozi umusivili mbere yo gusesa iyi guverinoma.
Ubuyobozi bushya bw’inzibacyuho bugizwe n’abantu bakurikira: Gen. Shams-Eddin Kabbashi Ibrahim, Lt. Gen. Yasser Abdel-Rahman Hassan Al-Atta, Lt.Gen. Ibrahim Gaber Ibrahim, Malik Agar Eyre, Al-Hadi Idriss Yahya, Al- Tahir Abu-Bakr Hajar, Raja Nicola Abdel-Masih, Yusuf Gad-Karim Mohamed Ali, Abul-Gassim Mohamed Mohamed Ahmed, Abdel-Bagi Abdel-Gadir Al-Zubair, Salma Abdel-Jabbar Al -Mubarak Musa.


