Sudani: Abantu batanu mu bigaragambyaga bishwe barashwe

Sangiza iyi nkuru

Ihuriro ry’abaganga bigenga rivuga ko abashinzwe umutekano muri Sudani barashe amasasu ya nyayo n’ibyuka biryana mu maso bagahitana abigaragambyaga batanu barwanya ihirikwa ry’ubutegetsi ndetse abandi benshi barakomereka.

Komite nkuru y’abaganga bo muri Sudani yavuze ko ku wa Gatandatu abantu bane bishwe n’amasasu n’undi umwe agahitanwa n’ibyuka biryana mu maso byamubujije guhumeka mu murwa mukuru, Khartoum, ndetse no mu mujyi wa Omdurman.

Bongeraho ko abandi benshi bakomeretse kubera ko abigaragambyaga “bahuye n’ingufu z’umurengera z’abashinzwe umutekano banakoreshaga amasasu ya nyayo,”
Biravugwa ko abantu b’imyaka 18 n’uw’imyaka 35 bari mu bishwe n’amasasu y’abasirikare b’akanama kahiritse ubutegetsi.

Iyi nkuru dukesha Al Jazeera iravuga ko inzego z’umutekano zanagabye igitero ku bitaro biri mu mujyi wa Omdurman zigata muri yombi abakomeretse bari bagiye kuhivuriza nk’uko byemezwa n’abaganga.

Pascal Cuttat, Ukuriye Komite Mpuzamahanga ya Croix Rouge muri Sudan, abinyujije kuri twitter yavuze ko ubufasha bw’abaganga budakwiye gukomwa mu nkokora.

Ati “Gutambuka kwa ambilansi bigomba kwemererwa, imirimo y’inzobere mu buvuzi igomba koroherezwa kandi abakomeretse bagomba kubona ubuvuzi bakeneye. Inshingano z’ubuvuzi zigomba kurindwa ”.

Igipolisi cya Sudani cyo cyavuze ko imyigaragambyo yo ku wa Gatandatu yatangiye mu mahoro ariko igahita ifata indi ntera. cyavuze ko abapolisi 39 bakomeretse bikabije nyuma y’aho abigaragambyaga bateye sitasiyo za polisi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *