https___d1e00ek4ebabms.cloudfront.net_production_46c17672-85ee-4dfd-bce7-181622d9f450.jpg

Mwene Gaddafi agiye kwiyamamariza kuyobora Libya

Sangiza iyi nkuru

Umuhungu w’uwahoze ari perezida wa Libya Muammar al-Gaddafi witwa Saif al-Islam Gaddafi, yatanze kandidatire ye mu matora ya perezida ya mbere ataziguye muri iki gihugu ateganyijwe kuba mu kwezi gutaha.

Saif al-Islam Gaddafi yigeze kuba abonwa nk’uwari gusimbura se ku butegetsi, ariko kuba mu myaka 10 ishize yarashyigikiye itoteza ririmo urugomo ryakorewe abigaragambya byahindanyije isura ye mu gihugu.

Kuva haba iyo myivumbagatanyo yo mu 2011, Libya yakomeje kurangwamo umutekano mucye.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yagaragaje impungenge ifite ko ayo matora, ateganyijwe kuba ku itariki ya 24 y’ukwezi kwa cumi na kabiri, atazaba mu bwisanzure no mu mucyo.

Ibihugu bikomeye ku isi ndetse n’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye (ONU/UN) baburiye ko uwo ari we wese wagerageza kubangamira cyangwa gukora uburiganya muri ayo matora azafatirwa ibihano.

Amafoto na videwo birimo guhererekanywa ku mbuga za internet bigaragaza Saif al-Islam Gaddafi yicaye imbere y’ikirango kivuga ku matora yimirije, ashyira umukono ku mpapuro z’amatora.

Gaddafi aracyashakishwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC/CPI) ku byaha byo mu ntambara.

Abandi bakandida barimo nk’uwari umukuru w’inyeshyamba Khalifa Haftar, mbere wayoboye inyeshyamba afite icyicaro mu burasirazuba arwanya leta ishyigikiwe na ONU yo mu murwa mukuru Tripoli, hamwe na Minisitiri w’intebe, Abdulhamid al-Dbeibah n’umukuru w’inteko ishingamategeko, Aguila Saleh.

https___d1e00ek4ebabms.cloudfront.net_production_46c17672-85ee-4dfd-bce7-181622d9f450.jpg
Saif al-Islam Gaddafi ni umuhungu wa Col Gaddafi wa Kabiri ku mugore we wa kabiri, Safia Farkash.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *