USA: Gen. Mancino uyoboye ingabo 10.000 yateye utwatsi itegeko ryo kwikingiza Covid-19

Sangiza iyi nkuru

Komanda mushya w’umutwe w’ingabo za National Guard muri Leta ya Oklahoma muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Brig. Gen. Thomas Mancino, yateye utwatsi itegeko ryo kwikingiza icyorezo cya Covid-19 ku basirikare bose.

Iri tegeko ryaturutse mu bikuru bikuru cy’igisirikare, Pentagon, rivuga ko umusirikare wese, mu mutwe yaba abarizwamo wose, agomba kwikingiza iki cyorezo, yirinda ubwe, anarinda abandi.

Gusa Gen. Mancino nyuma yo guhabwa iyi nshingano, ku wa Kane tariki ya 11 Ugushyingo 2021 yandikiye abasirikare be ubutumwa bubamenyesha ko kwikingiza bitagomba kuba itegeko, ko utazabikora azakomeza akazi nta nkomyi.

Yagize ati: “Nta gihano giturutse mu buyobozi cyangwa cy’itegeko kizahabwa abasirikare banze kwikingiza.”

Gen. Mancino ahuje imyumvire na Guverineri wa Oklahoma, Kevin Stitt wamuhaye aka kazi. Uyu muyobozi uri mu ishyaka rya Republican ritavuga rumwe n’iriri ku butegetsi na we yumvikanye anenga itegeko rwo kwikingiza ku basirikare bose.

Umutwe wa National Guard muri Leta ya Oklahoma ugizwe n’abasirikare 10.000.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *