Kuri iki Cyumweru, itariki 14 Ugushyingo, intagondwa zishe Abajandarume bagera kuri 19 n’umusivili umwe mu majyaruguru ya Burkina Faso.
Umuyobozi w’ibiro bikuru bya gisirikare yavuze ko iki gitero cyagabwe ku birindiro bya polisi biherereye ahitwa Inata, mu gihe minisitiri w’umutekano, Maxime Kone nawe yavuze ko bamwe mu barokotse hamenyekanye aho bari abandi bagishakishwa.
Ibitero by’intagondwa z’Abajihadiste zikorana n’imitwe y’iterabwoba ya Al Qaida na Islamic State muri Burkina Faso bimaze guhitana abasaga 2000, mu gihe abasaga 1,400,000 bamaze guta ibyabo nk’uko tubikesha Ijwi rya Amerika.
Mu cyumweru gishize, abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi basabye Leta y’iki gihugu guhangana mu buryo bufatika no kurandura iyo mitwe y’abagizi ba nabi.
Bavuga kandi ko bashobora kujya mu mihanda bagakora imyigaragambyo yo gusaba ko Perezida Roch Marc Christian Kabore yakwegura ku butegetsi mu gihe nta gihindutse mu bijyanye no kugarura umutekano.


