Fizi: Umusirikare yishwe, Abashinwa 8 barashimutwa

Sangiza iyi nkuru

Abitwaje intwaro bataramenyekana mu ijoro baraye bagabye igitero ku kirombe gicurukirwamo amabuye y’agaciro mu gace ka Mukera muri Teritwari ya Fizi, Intara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, bica umusirikare umwe, bashimuta Abashinwa 8 bagenzuraga ubu bucukuzi.

Bonanée Christophe uyoboye umuryango uharanira inyungu za rubanda muri Mukera, yabimenyesheje Actualité dukesha aya makuru, ati: “Ahagana saa tatu z’ijoro, amasasu menshi yumvikanye ku kirombe cy’Abashinwa. Abasirikare batabaye ariko ku by’ibyago umwe muri bo arapfa, undi arakomereka cyane.

Mu gihe iperereza rikorwa, twasanze Abashinwa 8 bashimuswe n’aba bagizi ba nabi. Umutwe witwaje intwaro wagabye iki gitero ntabwo uramenyekana.”

Umuyobozi wa Fizi, Kawaya Aimé yemeje aya makuru, gusa avuga ko hari n’abasirikare babiri bashimutanwe n’aba Bashinwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *