Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane ibakekaho gushaka guturikiriza ibisasu kuri hoteli Speke Resort Munyonyo, aho Perezida Yoweri Kaguta Museveni ateganya kuyoborera inama y’abaminisitiri kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2021.
Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga yatangaje ko nyuma y’aho mu cyumweru gishize muri Kampala haturikiye ibisasu bibiri, batangiye gusaka, iruhande rw’iyi hoteli bahasanga igikoresho gituritsa ibisasu cyari mu modoka.
Aba banya-Somalia bakekwaho kuba inyuma y’uyu mugambi bahise batabwa muri yombi. Enanga yabisobanuye ati: “Itsinda ry’abashinzwe kurwanya ibikorwa by’iterabwoba bataye muri yombi bane bakomoka muri Somalia.”
Ntabwo byatangajwe niba aba bakekwa baba bafatanwe ibiturika.


