sipa_ap22591057_000001-645x419.jpg

Addis Abeba: Abagore batangiye kwirindira umutekano kuri bariyeri, TPLF yerekana ingabo yafashe

Sangiza iyi nkuru

Ingabo za TPLF, ziri kugera amajanja umurwa mukuru wa Ethiopia, Addis Abeba, zongeye kugaragaza imfungwa ibihumbi n’ibihumbi by’ingabo z’igihugu zafatiye ku rugamba mu murwa mukuru w’Intara ya Tigray, Mekele, mu gihe muri Addis Abeba n’abagore batangiye kugira uruhare mu kwicungira umutekano kuri za bariyeri.

Ku rubuga rwa Twitter mu bihe byashize hagaragajwe amashusho y’ibihumbi by’abasirikare ba Guverinoma ya Ethiopia nyuma yo gufatwa.

sipa_ap22591057_000001-645x419.jpg

TPLF yongeye kwerekana izi ngabo za leta kuri uyu wa Kabiri imbere y’itangazamakuru zirinzwe cyane zigenda ziririmba ko ari “Ingabo za Abiy” zinamusaba “Guhagarika ihohoterwa rishingiye ku moko” nk’uko byagaragaye kuri televiziyo zitandukanye zirimo Al Jazeera na WION News.

Muri Nyakanga ubwo TPLF yari imaze kongera kwisubiza Mekelle, umurwa mukuru wa Tigray, nibwo yashyize ahagaragara amafoto na video bigaragaza ibihumbi by’ingabo za Ethiopia zafatiwe ku rugamba.

aaa.jpg

Izi ngabo zikaba zongeye kwerekwa itangazamakuru nyuma y’aho kuri uyu wa Kabiri, ibinyamakuru byo muri Ethiopia byemeje ko Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed yigiriye kuyobora urugamba akaba asigiye ububasha visi minisitiri w’Intebe, Demeke Mekonnen Hassen.

Mu murwa mukuru, Addis Abeba, kuri ubu n’abagore bahamagariwe gutanga umusanzu wabo mu kwirindira umutekano aho bari kugaragara kuri za bariyeri basaka abantu batambuka babaka ibyangombwa.

kop.jpg

Mu gihe igitutu cy’amahanga gikomeje n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, intambara yo irakomeje ku rugamba aho umutwe wa TPLF ufatanyije n’indi mitwe igera ku munani ikomeje gusatira umurwa mukuru, aho nyuma yo kwigarurira umujyi wa Shewa Robit, bageze mu birometero nka 200 uvuye i Addis Abeba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *