FARDC yigaruriye ibirindiro byari byarafashwe n’abo bikekwa ko ari M23

Sangiza iyi nkuru

Ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo ziravugwaho kwigarurira ibirindiro bibiri byari byarafashwe n’abarwanyi bikekwa ko ari abahoze mu mutwe witwaje intwaro wa M23 wakoreraga mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Mu ijoro rya tariki ya 21 Ugushyingo ni bwo aba barwanyi bagabye ibitero ku birindiro bya Ngugo muri Gurupoma ya Rugari na Nyasisi muri Kisigari; hombi muri Teritwari ya Rutshuru, barabifata, abasirikare barimo barahunga.

Mu gitondo cy’umunsi wakurikiyeho, muri izi gurupoma hoherejwe ingabo kugira ngo zikure aba barwanyi muri ibi birindiro, hatangira imirwano ikaze yatumye abaturage bahungira ahatekanye by’umwihariko ku mupaka wa Bunagana uhuza iki gihugu na Uganda, berekeza mu nkambi ya Nyakabande mu Karere ka Kisoro.

Umuyobozi wa Gurupoma ya Rugari, Éric Mashagiro yatangarije Actualité dukesha iyi nkuru ko nyuma y’iyi mirwano, ingabo za Leta zabashije kwigarurira ibirindiro byombi, ndetse ko umutekano wagarutse, ariko ngo abaturage baraba bagumye aho bahungiye kugeza igihe bazahamagarirwa.

Yagize ati: “FARDC yamaze kwirukana umwanzi mu birindiro bya Ngugo na Nyasisi. Ubu iri muri operasiyo yo kumwirukanira hafi ya pariki [ya Virunga]. Twasabye abaturage kuguma aho bahungiye mu gihe bategereje ko igisirikare kibabwira niba bagaruka. Igisirikare cyamaze kwigarurira ibirindiro byari byarafashwe n’aba bitwaje intwaro.”

Abaturage bo muri izi gurupoma batahunze bo biravugwa ko bakomeje ibikorwa byabo birimo ubuhinzi, umuhanda uhuza Rutshuru n’umujyi wa Goma na wo ngo ni nyabagendwa.

Abahoze ari abarwanyi bavuzweho kugaba ibitero bitatu muri Teritwari ya Rutshuru muri uku kwezi. Igisirikare cya RDC cyemeza ko ari bo, ariko abahagarariye uyu mutwe bahunze barimo Bertrand Bisimwa barabihakana.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. FARDC yigaruriye ibirindiro byari byarafashwe n’abo bikekwa ko ari M23
    Ahaaaa! Ibyo Makenga, Bisimwa na Nkunda bapanga bizadukururira amahano muri kariya karere! Mbabazwa nuko abaturage aribo bazabigwamo kandi tudasiba gusaba ko abo barwanyi basubizwa iwabo. Tubafitemo iyihe nyngu?

  2. FARDC yigaruriye ibirindiro byari byarafashwe n’abo bikekwa ko ari M23
    Ahaaaa! Ibyo Makenga, Bisimwa na Nkunda bapanga bizadukururira amahano muri kariya karere! Mbabazwa nuko abaturage aribo bazabigwamo kandi tudasiba gusaba ko abo barwanyi basubizwa iwabo. Tubafitemo iyihe nyngu?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *