Kuri uyu wa Kane, Igipolisi Mpuzamahanga, Interpol, cyatoye umuyobozi wacyo mushya utavugwaho ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) mu nama rusange ngarukamwaka yabereye Istanbul muri Turkiya.
Urwego rwa polisi rushinzwe umutekano ku Isi rwatangaje kuri Twitter ko Maj. Gen. Ahmed Naser al-Raisi, umugenzuzi mukuru muri Minisiteri y’umutekano w’igihugu cya UAE, yatorewe manda imwe y’imyaka ine.
Al-Raisi, wakoze ingendo zo gushaka amajwi muri Amerika no muri Amerika y’Epfo mbere y’amatora ya Interpol, ashinjwa n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu kuba yaragize uruhare mu iyicarubozo no gufunga binyuranyije n’amategeko muri UAE.
Ibirego aregwa byatanzwe mu bihugu bitanu, harimo n’u Bufaransa, aho Interpol ifite icyicaro cyayo, no muri Turkiya, aho amatora abera.
Alexis Thiry ,Umujyanama mu by’amategeko w’umuryango utegamiye kuri leta uharanira uburenganzira bwa muntu, MENA, wibanda ku Burasirazuba bwo Hagati na Afurika y’Amajyaruguru yagize ati: “Twatangajwe n’itorwa rya Ahmed Nasser Al Raisi ku mwanya wa Perezida wa Interpol, ariko ntibitangaje rwose.”
Thiry yabwiye RFI ko iki cyemezo kitatunguranye rwose, kuko “hari ibimenyetso byerekana ko Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zigenda zirushaho kugira ijambo kuri Gipolisi Mpuzamahanga”,


