Rwandair yakumiriye abagenzi bava muri Afurika y’Epfo na Zimbabwe

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’ubwoko bushya bwa Covid-19 bugenda bwiyongera, RwandAir yatangaje ko itazatwara abagenzi baturutse muri Afurika y’Epfo na Zimbabwe berekeza i Dubai.

Icyemezo cy’ikigo cy’igihugu cy’ubwikorezi bwo mu kirere kije nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zikumiriye abagenzi bava muri ibyo bihugu byo muri Afurika y’amajyepfo.

Mu itangazo ryayo, RwandAir yagize iti: “Guhera ku ya 29 Ugushyingo 2021, abagenzi baturutse muri Zimbabwe no muri Afurika y’Epfo ntibazemererwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.”

Rwandair yavuze ko abagenzi bigiraho ingaruka bazahabwa uburyo bwo kongera ku bookinga no gukora ingendo zabo nta yandi mafaranga baciwe ku yandi matariki bazamenyeshwa nk’uko iyi nkuru dukesha The New Times ivuga.

Ubwoko bushya bwaCovid-19 bwahawe izina rya “Omicron” bwatumye u Rwanda rugarura gushyira mu kato mu gihe cy’amasaha 24 ku bagenzi bose binjira mu gihugu.

Ubu bwoko byshya bwa Covid-19 bwagaragaye bwa mbere muri Afurika y’Epfo ku itariki ya 25 Ugushyingo, aho ubushakashatsi bw’ibanze buvuga ko bushobora kuba bwandura kurusha ubwa Delta nabwo bwakanze abantu.

Kugeza ubu ubu bwoko bwa Omicron bumaze kugaragara mu bihugu nka Afurika y’Epfo, Botswana, Hong Kong, Israel, u Bubiligi, u Buholandi…

Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC) cyaburiye Abanyarwanda kibashishikariza gukomeza gufata ingamba zo kwirinda Covid-19 nko gufata inkingo, kwambara udupfukamunwa, gukoresha imiti yica udukoko ku ntoki no guzikaraba kenshi gashoboka, no kwipimisha ngo bamenye uko bahagaze.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *