Nyuma y’aho Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, atangarije ko azajya ku rugamba kuyobora ingabo z’igihugu cye mu ntambara zirwana na TPLF (Tigray People Liberation Front), Ikinyamakuru cyegereye uyu mutwe cyahise gishyiraho miliyoni 11 z’Ama-Birr (230,000$) ku muntu uzatanga amakuru y’ahantu Abiy azaba aherereye. Izi ni miliyoni zisaga 230 z’Amanyarwanda.
Iki kinyamakuru kitwa Tigray Media House, gikorera kuri internet gifite icyicaro muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gikunze gukora inkuru ku ntambara kigendeye ku kuntu TPLF ibibona, cyashyizeho aya mafaranga mu kiganiro cyatambukaga live ku muyoboro wacyo wa youtube ku itariki 23 Ugushyingo mu rurimi rw’uru Amharic.
Umunyamakuru wakoraga iki kiganiro yagize ati “Dukeneye amakuru gusa ku rugamba ariho, tuzishyura twishimye miliyoni 11 z’Ama-birr,”
Tigray People Liberation Front (TPLF), a TPLF affiliated media has offered 11 million birr ($230,000) for information on the whereabouts of the prime minister.#Ethiopiahttps://t.co/eJEbXNT1JX
— Namo Kiyya (@EvTeche) November 26, 2021
Aya mafaranga akaba ajya kungana na miliyoni 11 Leta ya Ethiopia na yo yashyiriyeho abayobozi ba TPLF mu Ukuboza 2020, nyuma y’ukwezi intambara itangiye ubwo yari yarigaruriye Mekelle, umurwa mukuru wa Tigray.
Nyuma rero y’aho Abiy Ahmed yigiriye ku rugamba kuwa Kabiri ushize, guhera kuwa gatanu nibwo hatangiye kugaragara amakuru y’uko ingabo za leta zatangiye gufata ibice bimwe na bimwe byigaruriwe n’inyeshyamba, ariko kuri iki Cyumweru noneho Radiyo na televiziyo by’igihugu byemeje ko zigaruriye Umujyi wa Chifra uherereye mu Ntara ya Afar, amakuru TPLF itaragira icyo ivugaho.


