Ingabo za Uganda, UPDF zifatanyije n’iza Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC mu gitondo cy’uyu wa 30 Ugushyingo 2021 zibyutse zigaba igitero simusiga ku birindiro bikuru by’umutwe w’iterabwoba wa ADF mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Iki gitero cy’ingabo zirwanira mu kirere n’izirwanira ku buteka zirimo izikoresha intwaro ziremereye, ngo cyagabwe aho ADF yinjiriza abarwanyi bashya, ikahabatoreza, hakaba ari naho ituruka iyo igiye kugaba ibitero muri Uganda.
Umuvugizi w’ingabo za Uganda, Brig. Gen. Flavia Byekwaso amaze kwemereza amakuru y’iki gitero ku rubuga rwa Twitter. Agize ati: “Muri iki gitondo, twagabye igitero cy’indege n’imbunda ziremereye ku birindiro bya ADF, twifatanyije na bagenzi bacu b’Abanyekongo.”
Ntabwo abaguye muri iki gitero, abagikomerekeyemo cyangwa ibyangirikiyemo biramenyekana.
Iki gitero kibaye nyuma y’aho Perezida Yoweri Museveni wa Uganda atangarije ko abarwanyi ba ADF bazicwa mu gihe baba batarambitse intwaro, bikanemezwa ko mugenzi we wa RDC yamwemereye kohereza ingabo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Ituri kugira ngo zihangane n’uyu mutwe uhungabanya umutekano w’ibihugu byombi.
Kibaye mu gihe Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya yaraye ahakanye ko nta ngabo za Uganda ziri mu gihugu cyabo, yemeza ko impande zombi zikorana mu guhanahana amakuru yerekeye ubutasi.
Muyaya yahakanye aya makuru mu gihe yamaze kwemezwa na bamwe mu badipolomate bo hejuru b’Umuryango w’Abibumbye nk’uko ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters cyabitangaje.
Yanemejwe kandi na Perezida wa Komisiyo ishinzwe ingabo n’umutekano mu nteko ishinga amategeko ya RDC, Hon. Bertin Mubonzi, ariko avuga ko ari icyemezo kizashyirwa mu bikorwa nyuma yo kwigwaho n’abagize inteko ishinga amategeko.
Byatangajwe ko tariki ya 26 Ugushyingo 2021 ari bwo Perezida Museveni yemerewe kohereza ingabo mu burasirazuba bwa RDC.


