MONUSCO irashaka kugenzura Operasiyo ya UPDF-FARDC kuri ADF, ariko ngo ntizabafasha

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi w’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Mathias Gillmann yatangaje ko bari gushaka uburyo bagenzura ibitero by’ingabo za Uganda (UPDF) n’iza RDC (FARDC) ku mutwe w’iterabwoba wa ADF, gusa ngo ntibateganya kuzifasha.

Nk’uko tubikesha BBC, Gillmann yabibwiye itangazamakuru kiri uyu wa 1 Ukuboza 2021 nyuma y’aho ingabo z’ibihugu byombi zitangarije ko zatangiye kugaba ibitero bikomeye kuri ADF burasirazuba bwa RDC. Byakozwe nyuma y’ubwumvikane bwa Perezida Yoweri Museveni na Félix Tshisekedi.

Gillmann yasobanuye ko igenzura ingabo ziri mu butumwa bwa UN bwiswe MONUSCO zishaka gukora rigamije kureba niba ibi bitero bigabwa mu buryo bwiza. Ati: “Icyo twifuza ni uko habaho gukora neza ibirimo gukorwa. Ni ingenzi cyane ko MONUSCO ihaba, ikagenzura ibirimo gukorwa no gucunga umutekano w’abaturage bari muri ibyo bice.”

Uyu Muvugizi yavuze ko kuva ku Cyumweru, UN iri mu biganiro na FARDC, ikazanajya muri Uganda kugira ngo harebwe uko ingabo ziri mu butumwa zatangira kugenzura ibi bitero. Ati: “Komanda w’ingabo za MONUSCO yahuye na Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru [Lt Gen Constant Ndima] kandi vuba agomba kujya muri Uganda guhura n’Umugaba w’Ingabo zaho.”

Gillman yanavuze ko ingabo za MONUSCO zifite mu nshingano kurwanya imitwe yitwaje intwaro ikorera muri RDC, zitazifatanya na UPDF-FARDC muri iyi operasiyo kubera ko ametegeko atazemerera gufasha izindi ngabo zigaba ibitero ku butaka bw’ibihugu zirimo. Ati: “…MONUSCO ifasha umuhate wo kurwanya ADF bigendanye na manda yacu yo gufasha ingabo za Congo kuko ntitugomba gufasha ingabo z’ahandi zagaba ibitero ku butaka bwa Congo.”

Mu rukerera rwa tariki ya 30 Ugushyingo 2021 ni bwo ingabo za Uganda zifatanyije n’iza RDC zatangiye kugaba ibitero bikomeye kuri ADF. Icyo gihe zifashishije indege n’imbunda ziremereye.

Soma Izindi Nkuru

4 Responses

  1. MONUSCO irashaka kugenzura Operasiyo ya UPDF-FARDC kuri ADF, ariko ngo ntizabafasha
    Ubundi MONUSCO kugira control kungabo za UPDF na FARDC ntaco bivuze, kuko ntaco bafashije kugira bahashe ibikorwa bibi vya ADF.

  2. MONUSCO irashaka kugenzura Operasiyo ya UPDF-FARDC kuri ADF, ariko ngo ntizabafasha
    Ubundi MONUSCO kugira control kungabo za UPDF na FARDC ntaco bivuze, kuko ntaco bafashije kugira bahashe ibikorwa bibi vya ADF.

  3. MONUSCO irashaka kugenzura Operasiyo ya UPDF-FARDC kuri ADF, ariko ngo ntizabafasha
    Ubundi MONUSCO kugira control kungabo za UPDF na FARDC ntaco bivuze, kuko ntaco bafashije kugira bahashe ibikorwa bibi vya ADF.

  4. MONUSCO irashaka kugenzura Operasiyo ya UPDF-FARDC kuri ADF, ariko ngo ntizabafasha
    Ubundi MONUSCO kugira control kungabo za UPDF na FARDC ntaco bivuze, kuko ntaco bafashije kugira bahashe ibikorwa bibi vya ADF.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *