Minisitiri w’Intebe w’u Budage, Angela Merkel na Olaf Scholz ugiye kumusimbura kuri uyu wa 2 Ukuboza 2021 batangaje ko abantu bose batikingije Covid-19 mu gihugu, batazemererwa kuva mu rugo bajya ahahurira abandi.
Ni icyemezo bafashe mu rwego rwo gutegura kwikingiza Covid-19 nk’itegeko rireba buri muturage byitezwe ko rishobora gushyirwa mu bikorwa muri Gashyantare 2022 nk’uko CNN yabitangaje. Byitezwe abagize Inteko Ishinga Amategeko bazabanza kuryigaho; bakaryemeza cyangwa bakarihakana.
Gusa aba bayobozi bemeje nta muntu uzakumirwa kugera ku hantu hatangirwa serivisi z’ibanze mu buzima nko mu masoko no mu maguriro y’imiti (pharmacies).
U Budage butangaje iki cyemezo mu gihe bukomeje kugaragaramo umubare munini w’abandura n’abicwa na Covid-19 nk’aho kuri uyu wa 2 Ukuboza bwatangaje abanduye bashya 73,000 n’abapfuye 388. Ni mu gihe muri iki gihugu hamaze gukingirwa abatagera kuri 70%; aba bayobozi bemeza ko ari bake.


