Urukiko rw’ubujurire rwa Sebha muri Libya rwemereye umuhungu wa Col. Muammar Gaddafi witwa Saif al-Islam Gaddafi kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu.
Ni nyuma y’aho komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora mu cyumweru gishize itegesheje agaciro kandadite ya Saif, ishingiye ku kuba uyu muhungu ashakishwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC, akurikiranweho ibyaha birimo ibyibasira inyokomuntu.
Saif yahise ajya kujuririra muri uru rukiko ariko abatemera kandidatire ye bagiye kuhigaragambiriza, bashaka kwinjiramo imbere, banasaba abacamanza gufunga imiryango. Byatumye basubika isoma ry’urubanza.
Kuri uyu wa 2 Ukuboza, abigaragambyaga bari bagarutse ku rukiko ariko ho baje kwemerera abacamanza kwinjira, batangaza umwanzuro wabo ko nta tegeko ribuza Saif kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu.
Iki cyemezo umunyamategeko wunganira Saif, Khaled al-Zaydi yemereye Al Jazeera ko nyuma y’icyemezo cy’urukiko, ubu umukiriya we yemerewe kwiyamamaza.
Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Libya azaba tariki ya 24 Ukuboza 2021.


