Amerika yashyizeho Frw miliyari 5 nk’ishimwe ku wayiha amakuru y’aho Joseph Kony aherereye

Sangiza iyi nkuru

Leta zunze ubumwe za Amerika, zashyizeho $ miliyoni 5 (Frw miliyari 5) nk’ishimwe ry’uwaziha amakuru y’aho Joseph Kony wahoze ari umuyobozi w’inyeshyamba za LRA zirwanya ubutegetsi bwa Uganda.

Amerika yemeje iri shimwe binyuze mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Porogaramu ya kiriya gihugu ishinzwe kurwanya ibyaha by’intambara.

Ni nyuma y’igihe igisirikare cya Uganda gifashe icyemezo cyo kuba gihagaritse ibikorwa byo kumuhiga muri Repubilika ya Centrafrique.

Joseph Kony wiyitaga ‘Mesiya woherejwe n’Imana’ ngo ashyire iherezo ku butegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, ashakishwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rumushinja ibyaha by’intambara byakozwe mu izina ry’umutwe wa Lord’s Resistance Army (LRA).

Amerika yamushyiriyeho kariya kayabo mu gihe bikekwa ko we n’abarwanyi be bihishe mu mashyamba akora kuri Repubulika ya Centrafrique, Sudani yepfo na Congo Kinshasa.

Raporo y’Umuryango SAP yasohotse ku wa Kane tariki ya 2 Ugushyingo, yerekana ko kuva muri 2019 kugeza ubu inyeshyamba za LRA zashimuse abana 43 barimo 39 bagikomeje kubura nyuma yo gufatwa bugwate.

Iyi raporo ivuga kandi ko kuva muri 2018 LRA yashimuse abana 112 barimo 49 baburiwe irengero kugeza ubu, barimo 69 bashimuswe muri 2018 honyine.

Uretse abana bashimuswe na LRA hari n’abagore n’abakobwa bashimuswe n’abarwanyi b’uriya mutwe, mbere yo kugirwa imbata y’ubusambanyi no gukoreshwa imirimo y’agahato.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Amerika yashyizeho Frw miliyari 5 nk’ishimwe ku wayiha amakuru y’aho Joseph Kony aherereye
    Umukuru wizo nyeshamba Ndazi ahahagaze mugihugu cu Buru
    ndi

  2. Amerika yashyizeho Frw miliyari 5 nk’ishimwe ku wayiha amakuru y’aho Joseph Kony aherereye
    Umukuru wizo nyeshamba Ndazi ahahagaze mugihugu cu Buru
    ndi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *