Abantu” bagera kuri 31 bari muri bus itwara abagenzi bishwe n’abantu bikekwa ko ari intagondwa ziyitirira idini ya Islam mu Mujyi wa Mopti muri Mali nkuko byemezwa n’inzego z’ubuyobozi muri icyo gihugu.
Abagize inzego z’ubuyobozi muri uyu mujyi babwiye Reuters ko abagabye igitero barashe ku modoka yari itwaye aba bagenzi ku isoko ryo mu Mujyi wa Bandiagara bavuye mu giturage cya Songho kuwa Gatanu.
Abayobozi batashatse ko amazina yabo amanyekana bavuze ko inzego zishinzwe umutekano zahise zohereza ingabo aho byabereye.
Umwe mu bayobozi batowe mu Mujyi wa Bandiagara yemeje umubare w’abaguye muri icyo gitero avuga ko mu bishwe harimo abana n’abagore.
Moulaye Guindo, umuyobozi w’umujyi wa Bankass wegeranye n’uwabereyemo iki gitero yagize ati: “Abantu bitwaje intwaro … barashe ku modoka, barasa amapine, barasa ku bantu.”
Inyandiko y’umutekano mu gihugu yabanje gutambutswa yavugaga ko abageze bwa mbere aho igitero cyabereye babonye imirambo 25 yahiye.


