Umutoza utarirukanwa mu kazi ntabwo aba ari umutoza_Masudi Djuma

Sangiza iyi nkuru

Umutoza Masudi Djuma w’ikipe ya Rayon Sports, yemeje ko bishoboka ko yakwirukanwa n’iriya kipe gusa agaragaza ko kumwirukana atari wo muri w’ikibazo cy’umusaruro muke iriya kipe ifite.

Uyu mugabo ukomoka mu gihugu cy’u Burundi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, nyuma y’umukino Rayon Sports yari imaze gutsindwamo na Kiyovu Sports ibitego 2-0.

Ni umukino wa kabiri iyi kipe ikunzwe kurusha izindi yatsindwaga nyuma yo gutsindwa na APR FC ibitego 2-1 ku munsi wa Kane wa shampiyona.

Rayon Sports imaze gutsinda imikino itatu yonyine muri irindwi imaze gukina, kuri ubu iri ku mwanya wa kane muri shampiyona n’amanota 11 yonyine.

Ni umusaruro utishimiwe na benshi mu bafana ba Rayon Sports, ku buryo ab’inkwakuzi bakomeje kugaragaza ko kwirukana uyu mutoza ari wo muti w’ibibazo, ibyo nyirubwite atemeranya na bo.

Aganira n’itangazamakuru yagize ati: “Abatoza bose baza, bafungura igikapu igice. Umutoza utarirukanwa mu kazi ntabwo aba ari umutoza.”

“Mourinho yarirukanywe, ejo bundi umutoza wa Manchester United yarirukanywe… Ese kwirukanwa kwa Masudi ni bwo ibibazo bizakemuka? Ni ngombwa kumenya ibyo. Ubuzima ni Imana ibutanga, ntabwo ari kanaka.”

Masudi yavuze ko kuba Rayon Sports yatangiranye umusaruro mubi bibaho, bityo akaba ari ngombwa kubyemera.

Ati: “Mu mupira ni ngombwa ko wemera ibiri kuba. Reka twemere ko dutangiye bitameze neza kuko bibaho. Ntabwo ari Rayon Sports gusa, za Manchester, za Arsenal, ikipe zose bizibaho.”

Rayon Sports izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu, tariki ya 11 Ukuboza, aho izakira Gorilla FC mu mukino w’umunsi wa munani wa Shampiyona.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *