Abantu byibuze 48 biravugwa ko biciwe mu makimbirane ashingiye ku moko, hagati y’Abarabu n’Abanyafurika, yadutse mu karere ka Krink nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Mbere na Guverineri w’Intara ya Darfour y’Uburengerazuba, Khamis Abdallah.
Uyu muyobozi yavuze ko ubwicanyi bwatangijwe n’amakimbirane yaje gufata intera, abantu batandatu bakicwa kuwa Gatandatu, bigakomeza ku Cyumweru abantu basaga 40 bakicwa.
Guverineri Khamis avugana na AFP ati “Urugomo rwatangiriye ku gutongana maze rwiyongera, ruhitana abantu batandatu ku wa gatandatu, hanyuma ku cyumweru hapfa abantu barenga mirongo ine”
Ihuriro ry’abaganga rivuga ko aba bantu bishwe n’amasasu bagera kuri 48 kandi ubwicanyi nk’ubu bukaba bubaye ku nshuro ya kabiri mu byumweru bitatu mu burengerazuba bwa Sudani.
Iyi mirwano yahuje imiryango y’Abarabu n’indi y’Abirabura, ngo yari ikomeye cyane ku buryo abayobozi bohereje ingabo za leta muri ako karere kuyihosha.
Guverineri Abdullah yagize ati: “Imirwano yo ku cyumweru yakomeje kuva saa kumi n’imwe z’igitondo kugeza saa kumi z’umugoroba.”
Nk’uko byatangajwe na Loni, ngo ku itariki ya 17 Ugushyingo, imirwano hagati y’abashumba bashinjanyaga ubujura bw’ingamiya yahitanye abantu 50, ingo 594 ziratwikwa.
Umuryango w’Abibumbye wongeyeho ko, Abanyasudani barenga 6,600 bahatiwe kuva mu byabo, icya gatatu cyabo bakerekeza muri Tchad.
Umuryango w’Abibumbye ushimangira ko kugeza imfashanyo mu burengerazuba bwa Darfur “bigoye” mu gihe abaturage bakeneye “ibiryo, aho kuba ndetse no kubona amazi na serivisi z’ubuzima”.
Umuryango w’Abibumbye kandi uvuga ko Darfur, intara nini ihora ihungabanywa n’imirwano, cyane cyane iterwa n’amakimbirane ashingiye ku butaka cyangwa ingorane zo kubona amazi, yahuye n’intambara ndende yahitanye nibura abantu 300.000 na miliyoni 2.5 bavanywe mu byabo kuva muri 2003.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rusaba kuburanisha umunyagitugu Omar al-Bashir wirukanwe ku butegetsi mu 2019 kubera “itsembabwoko” n’ibyaha byibasiye inyokomuntu byakozwe icyo gihe mu ntambara yo muri Darfur.


