Mu Mujyi wa Bandundu, amajwi akomeje kuzamurwa yamagana Umuyobozi w’Igipolisi cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu Ntara ya Kwilu, Gen. Kamana Uwimana Kanold, ushinjwa kubiba iterabwoba muri iyi ntara nk’uko bamwe mu badepite b’aha babitangarije itangazamakuru.
Komiseri Mukuru wa polisi mu Ntara ya Kwilu, Gen. Kamana Uwimana bivugwa ko amaze imyaka 12 akorera muri iyi ntara, avugwaho kuba yarayigize akarima ke ashyiraho amategeko uko ashatse nta mpungenge.
Umwe mu badepite bavuganye na Actu7 dukesha iyi nkuru ati “ Afunga inteko ishinga amategeko uko abishatse, ata muri yombi abantu mu kavuyo kandi akora ibyo ashatse byose. Ntacyo yubaha…”
Abo badepite bavuga ko barambiwe imyitwarire y;uyu mupolisi mukuru, barasaba ko yakwimurirwa ahandi kugirango amahoro aboneke mbere y’uko ibintu bizarushaho kuba bibi.
Ibinyamakuru bivuga ko byagerageje uko bishoboye kuvugisha Gen. Kamana ngo byumve icyo avuga ku bimuvugwaho ariko byananiranye.
Iyi nkuru yibutsa ko kuwa Gatanu ushize, itariki 03 Ukuboza , abayoboke b’ishyaka UDPS igice cya Kibassa (UDPS/Kibassa), n’umunyamakuru wo mu Ntara ya Kwilu batawe muri yombi ku mabwiriza ya Guverineri Willy Itsundala, barekurwa kuri uyu wa Mbere, itariki 06 Ukuboza.
Mavi Mayoko (umunyamabanga w’iri shyaka, igice kitandukanyije na UDPS ya Tshisekedi, ushinzwe ubuhinzi), na Elie Midie, batawe muri yombi bashinjwa gutegura imyigaragambyo yagombaga kuba kuwa gatandatu, itariki 04 Ukuboza mu Mujyi wa Bandundu.
Iyi myigaragambyo ikaba yari igamije kwamagana icyo bita “politiki yo gufata bugwate Intara ya Kwilu y’abantu bamwe ku nyungu zabo bwite.”
Umunyamakuru Degroof Dale we ashinjwa kuba yarafashe amashusho y’imyigaragambyo yo kwamagana kugaruka kw’uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’Intara ya Kwilu.



2 Responses
Gen. Kamana Uwimana ukuriye Igipolisi cya Kwilu arashinjwa kubiba iterabwoba mu ntara
Uwo kamana se!!!!
Ariko aba general b’i Congo rwose
Gen. Kamana Uwimana ukuriye Igipolisi cya Kwilu arashinjwa kubiba iterabwoba mu ntara
Uwo kamana se!!!!
Ariko aba general b’i Congo rwose