Abashakashatsi bo muri Afurika y’Epfo bavuga ko nubwo ubwoko bushya bwa Covid-19 bwiswe Omicron bukwirakwira vuba, ngo bwaba butazahaza ababwanduye nk’ubundi bwoko bwari busanzwe.
Inkuru ya The New York Times ivuga ko abaganga bo mu bitaro binini byo muri Pretoria, umurwa mukuru w’ubuyobozi wa Afurika y’Epfo, batangaje ko abarwayi ba coronavirus bafite ubu bwoko batarwaye cyane ugereranije n’abo bavuraga mbere.
Bagaragaje ko ibyumba byabo bya Covid-19 utapfa kumenya ko birwariyemo abarwaye iki cyorezo ugereranyije n’ibyiciro byabanje, aho abarwayi bake ari bo bari ku mashini zibaha umwuka wa oxygen.
Bavuze ko benshi mu barwayi banduye bakiriwe kubera izindi mpamvu kandi nta bimenyetso bya Covid bafite. Nubwo umubare w’abantu banduye wiyongera, umubare w’impfu muri Afurika y’Epfo nturazamuka.
Ibarurishamibare muri Afurika y’Epfo ryerekana ko mu barwayi 166 barwaye coronavirus bakiriwe kuva ku ya 14 Ugushyingo kugeza ku ya 29 Ugushyingo mu kigo cy’ibitaro, impuzandengo yagumye ku minsi 2.8, yo kumara mu bitaro naho abapfuye bakaba munsi ya 7%.
Ni mu gihe mu gihe cy’amezi 18 ashize, impuzandengo y’iminsi yo kumara mu bitaro ku barwayi nk’abo yari iminsi 8.5, naho 17% bapfa.
Icyakora, abahanga mu bya siyansi baraburirwa kwirinda kuregeza, kubera ko ibyagaragaye ari iby’ibanze byavuye mu bushakashatsi kandi ko bitigeze bisubirwamo neza.
Guverinoma zirasabwa gushyira mu gushyira ku munzani amakuru meza y’uko Omicron ishobora kuba idafite ubukana, n’amakuru mabi nk’ibimenyetso bya mbere byerekana ko kuba warigeze kwandura bitanga ubudahangarwa bucye kuri Omicron.
Ubu bwoko bushya bwa Covid-19 bwatangajwe bwa mbere n’Ishami rya Loni ryita ku Buzima, OMS, ko bukomoka muri Afurka y’Epfo ku itariki ya 24 Ugushyingo 2021 kandi buhabwa izina mu nama ya OMS yabaye ku wa Gatanu, itariki ya 25 Ugushyingo, yahuje abahanga basuzumye ubwo bwoko bushya.


