Urubanza rw’abantu 38 bo muri P5 rwatangiye muri Gicurasi rwapfundikiwe

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rukuru rwa Gisirikare rwatangaje ko ruzatanga umwanzuro warwo mu rubanza ruregwamo abantu 38 bo mu mutwe wa P5 ku itariki ya 7 Mutarama 2022.

Iri tsinda rikurikiranweho ibitero byahitanye abantu ryagabye ku baturage bo mu Murenge wa Kinigi, mu Karere ka Musanze mu ijoro ryo ku ya 5 Ukwakira 2019, hamwe n’ibindi byaha.

Muri ibyo bitero, abantu 15 bahasize ubuzima, 14 barakomereka, imitungo irasahurwa cyangwa irasenywa.

Urubanza rwabo mu mizi rwatangiye muri Gicurasi uyu mwaka, rwasojwe ku wa Kane, itariki 9 Ukuboza.

Abaregwa bakurikiranyweho ibyaha byinshi birimo ubwicanyi no kuba mu mutwe w’iterabwoba, kugeza ku bujura bwitwaje intwaro ndetse no gukubita no gukomeretsa.

Bamwe muri bo bagize uruhare rutaziguye muri ibyo bitero, mu gihe abandi bavuga ko bagumye mu birindiro byabo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo igihe ibitero byabaga.

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabye ko bose bakatirwa igifungo cya burundu.
Mu iburanisha riheruka, abanyamategeko bahagarariye abagizweho ingaruka n’ibitero, bashyikirije urukiko indishyi basaba abaregwa.

Bose hamwe, abahohotewe barasaba amafaranga 105.030.000 y’indishyi z’akababaro kubera igihombo bagize muri ibyo bitero.

Abahohotewe barimo ababuze ababo, abakomeretse, ababuze imitungo, n’abandi.
Marie Louise Mukashema, umwe mu banyamategeko bahagarariye abahohotewe, yavuze ko indishyi zigomba kwishyurwa n’abaregwa bose, hatitawe ku ruhare bagize muri icyo gitero.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *